WIMPA IJAMBO

 

Wimpa ijambo ntavuga byinshi

Ntavuga byose

Nkagira uwo nkomeretsa akababara

Wimpa ijambo ntavuga ibibabaje (gusa)

Nkagira uwo mbangamira

Akava aho abifata nabi akarakara

Ntagira ibyo nshima (byiza) byo kuririmb(w)a

Nkagira uwo nshavuza nta munoza

Inkovu ni nshyashya muvandimwe

Umutima-rwanda ufite intimba

Wararize Rwanda wararize (2x)

Nyamara ntugahogore

Burya kwiheba nirwo rupfu.

 

Wimpa ijambo ntavuga uko mererwa

Iyo mbonye impfubyi zabuze kivurira

Kugeza magingo

Wimpa ijambo ntavuga abapfakazi

N’ababuze ababo n’agahinda kenshi

Katazashira

 

Wimpa ijambo (2x) ntafata impu zombi

Nkavuga indimi ebyiri

Kamere gacurama niyo igezweho

 

Ntasabwa imbabazi ntazo nigeze

Kandi ubworoherane ntakiguzi

Ntashyira umubabaro wanjye

Kumunzani w’ishavu

Nkabwirwa yuko udashyitse eh

 

Wimpa ijambo ntavuga amateka

Buli wese yanyuze kugeza uyu munsi

Mu marira

Wimpa ijambo ntavuza induru y’icyenda

N’ine

Igihugu cyose mungaruka

 

Iyo mbonye utwangavu turera utundi

Cyangwa se utugimbi tuyobora ingo

Iyo mbonye utwana

Tw’udutambambuga

Dutamba iyo mbuga ya gereza

Wararize Rwanda wararize

 

Wimpa ijambo ndeka undorere

Ntabaza amateka amavu n’amavuko

Y’inzika zose

Wimpa ijambo ntaregwa gusopanya

Kandi nshaka kunga

Kwiyunga nyakuri ni ukworoherana

Wimpa ijambo (2x) ntahitamo guhigima

Cyangwa guhwihwisa

Kuko ibyo mumatamatama

(Byo) ntibizashira...

 

Ntabura igisubiazo ku bihe bizaza

N’iminbanire y’abiwacu

Ntabaza amasengesho y’imyaka yose

Aho imbuto y’urukundu igeze eh!

Wararize Rwanda wararize (2x)

 

Nyamara ntugahogore

Burya kwiheba nirwo rupfu

Kubura ibyiringiro we nirwo rupfu (2x)

La La La ...

Ecouter la chanson.