MU RUBANZA RWA INGABIRE UMUCAMANZA NGO IBIKORWA BYA VITAL NI BIZZARE

 

Date: Mardi 15 novembre 2011, 21h18

Kuri uyu munsi urubanza Kagame yarezemo Ingabire rwakomeje aho Vital uwumuremyi yakomeje gusubiza ibibazo yabazwaga. Me Gatera Gashabana wunganira Ingabire yerekanye uburyo uyu mugabo ibyo yakoze byari bishingiye ku zindi mpamvu kuko yatashye muri Umoja wetu kandi abatashye icyo gihe bakaba baragiye mu ngando bagasubizwa mu buzima busanzwe kandi ko amasezerano ya leta ya Congo n'u Rwanda akaba yaravugaga ko abazafatwa muri operation umoja wetu abadashunjwa ibyaha bya jenoside n'ibyaha byibasiye inyoko muntu bose batazakurikiranwa ku kuba barabaye mu mitwe y'ingabo itandukanye. Ibi bikaba ari nabyo byabaye kuri Vital Uwumuremyi kuko yatashye agasubira mu buzima busanzwe nk'abandi ariko igihe kimwe aza kwemera kwishinja ibyaha mu by'ukuri yababariwe. Umucamanza ati yababariwe ryari na nde? Me Gashabana yamusubiriyemo iby'ayo masezerano kandi byaragaragaye kuko Vital atigeze akurikiranwa amaze kuva mu ngando za Mutobo.

Uyu Vital kandi ngo ntiyigeze aba umusirikari mbere ya Mata 1994 ndetse ngo ntiyigeze agira n'ipeti rya Major ahubwo ngo yize mu iseminali ku Rwesero aza kwirukanwa atarangije hanyuma aza kuba umushoferi ndetse ngo akora no mu buganga bwa giririkari acunga abarwayi (brancardier). Ibi bikaba byavuzwe na Me Gashabana akaba ari ubuhamya yahawe n'umuntu uzi neza uyu Vital n'ubwo we abihakana akavuga ko ipeti rya Majoro ngo yaribonye ari mu ishyamba yaravuye muri FDLR ari muri CDF ariko ko ngo atigeze arivuga ageze mu Rwanda kuko ngo yashakaga ko abo bakoranaga batamenyekana (les proteger) ndetse ngo kwirukanwa mu ishuri nta gitangaje kirimo ngo no mu kazi umuntu arirukanwa kandi ngo gutwara imodoka byo byifuzwaga na benshi ntibabigereho ngo yumva nta kibazo kirimo; ngo kuba yarakoze mu buvuzi byo ngo ntiyumva ukuntu bavuga ko yari umushoferi ubundi akaza gukora mu by'ubuvuzi kuko ngo ntuyumva aho iyo diplome yavuye. Aha yibagiye ko abakora kwa muganga bose atari abaganga ndetse bose batanagira za diplome ahubwo biterwa n'icyo umuntu akoramo kandi tuzi ko hari abakoraga imirimo y'isuku kwa muganga kera bateraga inshinge kubera igihe babaga barakoze mu ivuriro bityo bakitwa ba muganga kandi atari bo.

 
Me Gashabana mu kwerekana ko uyu mugabo atari uwo kwizerwa mubyo avuga yerekanye uburyo yagiye akoresha agafatisha mugenzi we, ndetse anerekana ko mu byo yakoraga byose yabaga abiziranyeho n'abamukoreshaga, aha Me Gashabana akaba yabyise scenario aribyo twakwita ikinamico. Umucamanza nawe ati NI ROMAN kuko urebye uko Me Gashabana yakurikiranije ibikorwa ukurikije uko byagiye bikurikirana muri iyo scenario usanga koko bimeze nka roman. Cyakora umucamanza mu gushaka gushyira Me Gashabana mu mutego yamubajije uwari ayoboye iyo scenario, Me Gashabana yari yatangiye yerekana uburyo ubushinjacyaha bwagiye muri ibi bikorwa maze amuha urugero rw'ibaruwa umushinjacyaha mukuru w'u Rwanda yandikiye umushinjacyaha mukuru wa Congo (commission rogatoire) amusaba kubashakira impapuru za western union zakiriweho amafaranga muri banki zitandukanye za Congo i Goma. Aha yavuze ko hari mu kwezi kwa Werurwe 2010, maze yibaza uburyo ubushinjacyaha bwaba bwarabonye ayo makuru kandi buvuga ko Ingabire afatwa kuwa 14 Ukwakira 2010 ari ukubera undi muntu wari wafashwe maze akamutangaho amakuru ndetse akaba hari n'ibimenyetso yafatanwe. Ibi byose nibyo Me Gashabana yise scenario ndetse anagaragaza atyo uwari uyiyoboye.

Umwe mu bacamanza Rutazana Angeline yabonye ibintu bikomeye kandi birimo gufata ubushinjacyaha kuko ibimenyetso byose biri mu mabazwa ya Vital Uwumuremyi byerekana neza uburyo ubushinjacyaha bwakoze iyo scenario maze kugirango abukure mu isoni

abwira Me Gashabana ari: MAITRE, URUMVA ARI IKI GITANGAJE MU BYO VITAL YAVUZE CG YAKOZE? URUMVA UMUNTU WAKOZE IBINTU BIRI BIZZARE WATANGAZWA N'IBYO YAKOZE? Aha akaba yashakaga mu by'ukuri kuvana uruhare ku bushinjacyaha akabushyira kuri Vital nk'umuntu ukora ibintu bisekeje, bicurikiranye, bitagira umutwe n'ikibuno, mbese ibintu by'abasazi. Yongeyeho ko n'ubwo ariko uyu Vital yakoze ibintu bizzare ibyo yemeye bidakwiye guteshwa agaciro kuko ngo ari iby'umuntu wemeye kwihana akavuga ibyo yakoze. Aha umuntu akaba yakwibaza uburyo umucamanza muzima witwa ko yize amategeko yemeza ko umuntu akora ibintu byose biri bizzare ariko agakomeza guta igihe yemeza ko ibyo umuntu nk'uwo avuga ari ukuri. Ahubwo ukurikije uko uyu mugabo yerekanwe uyu munsi mu rukiko ndetse umucamanza akaza kubona ko ibyo yakoraga byose ari bizzare yakagombye kunyura mu ivuriro ryita ku ndwara zo mu mutwe akabanza gusuzumwa ndetse agakurikiranirwa hafi. Ese koko uyu muntu niwe abacamanza bazashingiraho imvugo ze bakajya gukatira Mme Ingabire igifungo? Tubitege amaso.

Muri rusange rero icyagaragaye kuva aho aba bagabo batangiriye guhatwa ibibazo n'abunganira Ingabire ni uko bose ari ababeshyi bakorana na leta ya Kigali kugirango bikize Ingabire. Niba rero uru arirwo rukuta rw'amategeko koko rwaba rwubakishije amashara ku buryo guhirima kwarwo bitagomba umunyembaraga.

Ikindi cyavuzwe mu rukiko ni ibimenyetso ngo byaturutse mu Buholandi bigizwe ngo n'amapaji agera kuri 600 ariko ahanini biri mu rurimi rw'igiholandi ngo bikaba bisabwa guhindurwa mu rundi rurimi mu zikoreshwa mu Rwanda (igifaransa) ariko umushinjacyaha Ruberwa Bonaventure akaba yakuriye abantu inzira ku murima avuga ko bishobora kuzatinda anatanga urugero rw'urubanza rw'uwitwa Gatera Edouard ruri mu rukiko rw'ikirenga ubu rukaba rumaze amezi 10 impapuro zimwe ziri mu rurimi rw'igifarama zarananiranye kuzihindura ngo kubera ibibazo by'amasoko n'ibiciro by'abagomba kuzihindura. Akaba yasabye ko niba abo ku ruhande rwa Ingabire bashobora kubunganira bagatanga ayo mafaranga bitagombye guca muri leta ko byakorwa. Iyi dossier ariko ikaba yarimwe Mme Ingabire wumva neza urwo rurimi ngo abe ayitegura.