Umuhanda
Karongi-Ruhango-Nyanza warangiritse bikabije
Nyirabayazana yo kwangirika k'uyu muhanda, ngo
ni ubucukuzi bw'amabuye
y'agaciro bukorwa mu kajagari n'ibiza byibasiye umugezi wa Mashyiga.
Umuhanda
Karongi -Ruhango- Nyanza ni umwe mu y'ibitaka minini (route
d'alimentation) ukoreshwa n'abatari bake cyane cyane abatega imodoka mu
gace
gatuwe ka Birambo na Kirinda ho mu karere ka Karongi.
Ubu,
imodoka zikoresha uwo muhanda mu buryo bugoranye cyane, bitewe
n'ibidendezi biba byatewe n'uko umugezi wa Mashyiga wacukuye inkengero
z'umuhanda ukagenda uwusanga.
Inzira
y'amazi y'uwo mugezi na yo igenda yangizwa bikomeye n'ibikorwa
by'ubucukuzi bukorwa mu buryo butemewe n'amategeko, n'abashakira
amaronko mu kwambutsa abantu babahetse.
Insoresore
zigabiza ibice bitandukanye by'umugezi zigashorogotora kugeza
aho bigera no ku nkengero z'umuhanda, ubu ukaba uteye inkeke ku buryo
nta
gikozwe vuba na bwangu ubuhahirane bwa zamba hagati y'utu turere
umuhanda
ucamo.
Pahulini
Kabirikangwe uturiye uyu muhanda yabwiye Umuseke ko bakora
umuganda bagatera urubingo n'imigano ku nkombe za Mushyiga ngo idatwara
umuhanda,
ariko insoresore ngo zitwaza intwaro gakondo
zikajya gucukura zivuga ko
harimo zahabu bityo bakangiza bya bikorwa birinda umugezi gusatira
umuhanda.
Si
ibyo gusa, uyu muhanda ku gice cy'umurenge wa Murambi mu minsi ishize
ubwo Nyabarongo iheruka kuzura abafite ibigango babonaga
umubyizi bitewe
no guheka abanyantege nke nyuma yaho haje igihe cy'imicyo abo
babyungukiragamo
babuze akazi bigira inama yo gucukura ibinogo bahuza n'uruzi
rwa Nyabarongo
kugira ngo bakomeze kubona uko bambutsa abantu.
Ibi
na byo bikaba byarahagaritse ubuhahirane kuko ubwo Umuseke uheruka
kuhasura wasanze hari imodoka yari ivuye mu karere ka Ruhango yaguyemo.
Hanyurwimana
Damascene umukozi w'akarere ka Karongi ushinzwe imihanda
n'ibiraro, yadutangarije ko ikibazo cy'uyu muhanda bakigejeje mu Kigo
cy'Igihugu gishinzwe kwita ku bikorwa remezo (RTDA).
Ubu
ngo bategereje ko igihe cy'imicyo kigera ngo imirmo yo kuwusana
itangire. Avuga ko bateganya kuzubaka ikiraro kirekire ku
mugezi wa
Nyabarongo.
Ku
bijyanye n'imirimo y'ubucukuzi bukorerwa mu mugezi wa Mashyiga mu
kajagari bukangiza uyu muhanda, umukozi w'akarere ka Karongi ushinzwe
ibidukikije KAMAYIRESE Innocent avuga ko bakorana n'inzego z'umutekano
mu
kugikurikirana.
Yavuze
ko hari abatangiye kujya bafatwa bakabihanirwa, yongeraho ko bari
gukorana n'Ikigo gishinzwe kwita ku mutungo kamere (Autorité
des ressources
naturelles du Rwanda) ishami rishinzwe amazi kugira ngo aya mabuye ajye
acukurwa mu buryo nyabyo bitangije ibindi bikorwa remezo.
Umuhanda uri
gutwarwa na Mashyiga kubera ibikorwa bitandukanye by'abantu