U
Rwanda rwageze ku ntego
yo guhanga imirimo mishya 200,000 ku mwaka - Mifotra
Kuya
30 Gicurasi 2017
Minisitiri
w’Abakozi ba Leta n’Umurimo,
Judith Uwizeye, imbere ya Sena y'u Rwanda
Minisitiri
w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Judith Uwizeye, yavuze
ko ibipimo bigaragara ari
uko u Rwanda rwageze ku ntego yo guhanga imirimo
ibihumbi 200 buri
mwaka, igisigaye ari ubusesenguzi bw’abahanga bazerekana
imibare nyayo uko
ihangaze.
Yabigarutseho
mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyabereye mu cyumba
cy’Inteko Rusange cya
Sena, gihuje inzego zose zifite aho zihurira no guteza imbere urwego
rw’umurimo
mu Rwanda.
Minisitiri
Uwizeye ko ingamba guverinoma yihaye ari uko mu 2020
kimwe cya
kabiri cy’abaturage
baba bakora mu mirimo itari ubuhinzi; igihugu
kikaba gihanga imirimo
mishya 200,000 buri mwaka kandi kigafasha urubyiruko kwihangira imirimo
no
kubona akazi karufitiye inyungu.
Yashingiwe
ku ntambwe yagiye iterwa, aho Ibarura rya Kane ku mibereho
y’ingo mu Rwanda
(EICV), ryagiye rigaragaza izamuka ry’imirimo ihangwa.
Yagize ati
“EICV ya mbere yabaye mu 2000 - 2001, hari imirimo
ikomatanyije ibihumbi 442;
mu ya kabiri igera ku 883; EICV 3 igera kuri miliyoni imwe
n’ibihumbi 452; EICV
ya 4 haboneka miliyoni imwe n’ibihumbi 700; icyo cyerekezo
tukabona ko muri
2020 tuzaba tugeze kuri miliyoni eshatu n’ibihumbi
200.”
Yavuze ko
nk’uko Ikigo cy’igihugu
cy’ibarurishamibare (NISR) kibigaragaza, muri EICV 4
byagaragaye ko ubukungu bugeze ku mirimo mishya ibihumbi 146 buri mwaka.
Yakomeje
agira ati “Dukurikije imibare twe tubona mu buyobozi twavuga
ko igipimo
cy’imirimo ibihumbi 200 buri mwaka twakigezeho, kuko iyo
dufashe imirimo
ibihumbi 146 yakorwaga mu 2014, tugateranyaho imirimo ibihumbi 86
gahunda
y’igihugu yo gufasha ihanga ry’imirimo NEP Kora
Wigire yari imaze gufasha
guhanga mu myaka ibiri, iyo tubiteranyije tubona ibihumbi 232, tukavuga
rero ko
intego mu mibare yacu twamaze kuyigeraho.”
Ariko
Minisitiri yakomeje avuga ko hategerejwe ko Ikigo
cy’Ibarurishamibare
gicukumbura neza, kigatanga imibare yizewe (scientific), ikererakana
aho
ubukungu bw’igihugu bugeze kuri icyo kigero cyo guhanga
imirimo.
NISR ivuga
ko iyo ubaze umuntu ufite akazi nk’umuntu wese ufite umurimo
akora ahemberwa
cyangwa agatanga umusaruro mwinshi ku buryo asagurira amasoko,
abadafite akazi
bari ku kigero cya 13.2%.
Minisitiri
Uwizeye yakomeje agira ati “Icyo ntabizeza ni uko ubushomeri
bwagabanuka ngo
bugere kuri zeru mu gihe tukiri ku Isi, ariko icyo nabizeza ni uko
dufatanyije
twese bwabaganuka ngo n’ubuhari butagira ingaruka ku buzima
bw’Abanyarwanda.”
Yavuze ko
bikenewe ko isoko ry’umuririmo rikomeza kwagurwa bitewe
n’uko umubare
w’abarijyaho nawo wiyongera, byose bigamije kugabanya igipimo
cy’abadafite
akazi mu gihugu.
Umuyobozi wa
NISR, Yusuf Murangwa, yijeje ko ibipimo by’uko isoko
ry’umurimo rihagaze biri
gupimwa kabiri mu mwaka, ariko guhera mu 2019 bizatangira gukorwa buri
gihembwe, bikajyana n’ibipimo by’izamuka
ry’umutungo mbumbe w’igihugu.
JK : Imana
Tugira iwacu nuko abanyamakuru nkaba b’igihe.com
ali bacye cyane, kandi hakaba hali n’ibindi binyamakuru
bibwira abanyarwanda
ukuli uko ibintu byifashe mu Rwanda. Ni mwibaze ko uyu munyamakuru
Rabbi Malo
Umucunguzi yanditse kunkuru imwe n’umunyamakuru wa VOA Eric
Bagiruwubusa kunama
imwe yabereye munteko ya Sena.
Ariko umunyamakuru wa igihe.com ararenga akemeza ko mumyaka itatu gusa isigaye ngo 2020
igere icya kabili cy’abanyarwanda
ni ukuvuga hafi miliyoni 6 ziraba
zabonye akazi katali
ubuhinzi !!!
Umva
uko Bagiruwubusa atubwira ibyiyi nama maze wibaze
nawe !!!!