U
Rwanda rwemeye kwakira bamwe mu bimukira
bagurishwa nk’abacakara muri Libya
Yanditswe
na
Rabbi Malo Umucunguzi
Kuya 22
Ugushyingo 2017
Bamwe mu
bimukira bari bicajwe mu kigo bafungirwamo
cya Gharyan muri Libya
Guverinoma
y’u Rwanda yemeye gufasha mu gusubiza iwabo no kwakira
bamwe mu bimukira baheze muri Libya
kugezahari abagenda bahura n’akaga ko gucuruzwa mu bisa
n’icyamunara.
Mu minsi
ishize nibwo hasakaye amashusho ya CNN yerekana Abanyafurika bari
gucuruzwa,
yumvikanamo amajwi y’abagabo baciririkanya mu cyamunara, umwe
agenda azamura
igiciro bityo bityo, uhize abandi akegukana abacakara be. Ibi
byatunguye inzego
nyinshi zitiyumvishaga ko ubwo bucuruzi bugikorwa no mu kinyejana cya
21.
Mu kiganiro
yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa
Komisiyo y’Umuryango
wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat, yavuze ko ibibazo
abo
bimukira barimo no gufatwa ku ngufu bitesha agaciro ikiremwamuntu ku
buryo
bidakwiye kwihanganirwa.
Yagize ati
“AU yamaganye yivuye inyuma ibyo bikorwa, yifatanya
n’abavandimwe bacu bahuye
n’ayo mahano. Ndasaba ko hakorwa ibishoboka byose ngo
ababigiramo uruhare
babiryozwe.”
Guverinoma ya
Libya yatangaje ko yatangiye iperereza muri ibyo bikorwa, AU ikaba
yasabye ko
hashyirwamo imbaraga ngo ababiri inyuma babibazwe, kandi
n’abimukira basigaye
bafashwe.
Mahamat
yavuze ko basabye ibihugu bigize AU gutanga inkunga mu bikoresho ngo
abimukira bari
mu Libya bashaka kuhava bafashwe, yiyambaza
n’abafatanyabikorwa barimo
Umuryango urengera abimukira (OIM) ngo abo bimukira bari muri Libya
batabarwe.
Yakomeje
agira ati “Ndasaba ibihugu byose bigize AU, ko biri mu
nshingano za Afurika
n’Abanyafurika ko batanga inkunga y’amafaranga yo
gutabara abimukira
n’Abanyafurika bari kuzaharira muri Libya.”
Yakomeje
agira ati “Ndashimira ibihugu binyamuryango byemeye gutanga
ibikoresho mu
gucyura abimukira b’Abanyafurika babyifuza, nkaba
nshimishijwe no kuvuga ko u Rwanda
rwatwegereye, atari ukugaragaza
ko rwiteguye gutanga inkunga yo gufasha mu ngendo z’abimukira
bari muri Libya
gusa, ahubwo no kwakira umubare munini muri bo.”
Libya ifite
inkambi zifungiramo abimukira baba bafite inzozi zo kuzagera mu Burayi
banyuze
mu nyanja ya Méditerranée; nk’inkambi
ya Treeq Alsika irimo ibihumbi
by’abimukira baturuka muri Niger, Mali, Nigeria na Ghana. Abo
kandi ni ababa
barabonywe mbere y’uko bagwa mu maboko
y’ababagurisha mu cyamunara.
Nyuma yo
gushyirwa hamwe ntibanabone ibyo kurya bihagije, nibwo bamwe bemera
kwisubirira
iwabo n’ubwo bidahita bibakundira. Abo nibo bagiye gufashwa
gusubira mu bihugu
byabo ku babyifuza, abatabishaka bakajyanwa ahandi, barimo n’abazakirwa
n’u
Rwanda.
Minisitiri
w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mushikiwabo
Louise, abinyujije kuri
Twitter yavuze ko amateka igihugu cyagize Abanyarwanda bakamara imyaka
myinshi
batagira igihugu bita mu rugo, byatumye ubuyobozi buha umwanya icyo
kibazo.
Yagize ati “Amahame ya politiki yacu n’amateka Abanyarwanda benshi banyuzemo mu myaka myinshi batagira igihugu bita iwabo, byatumye iki gihugu cyumva impunzi, abimukira, abatagira aho baba … Abanyafurika bari kugurishwa muri Libya: U Rwanda ni ruto ariko tuzagerageza kubabonera umwanya!”
Uyu mwanzuro
u Rwanda ruwufashe mu gihe usanga ibihugu byinshi biri gufunga imipaka
byanga
kwakira abimukira, ku buryo bitewe n’ibibazo byugarije
ibihugu bimwe bya
Afurika na Aziya, bamwe mu bagerageza kwinjira i Burayi rwihishwa
bakarohama mu
nyanja.
OIM iheruka
gutangaza ko mu mezi atatu ya mbere y’uyu mwaka, abimukira 19.567 binjiye mu Burayi banyuze mu
nyanja ya Méditerranée, 521
basizemo ubuzima.
Perezida wa
Komisiyo ya AU yavuze ko nubwo hari gushakwa umuti w’ikibazo
cy’abimukira bari
muri Libya, hakenewe igisubizo kirambye gituma bava iwabo.
Mu mwaka
ushize Perezida Paul Kagame yavugiye imbere y’Inteko ya 71
y‘Umuryango
w’Abibumbye, ko inshingano ibihugu bihuriyeho ku burenganzira
n’imibereho myiza
y’impunzi n’abimukira, bikwiye guharanirwa, ibihugu
byose bibigizemo uruhare.
Yakomeje
agira ati “Iki kibazo kigomba kwitabwaho mu buryo buhoraho
kandi bigakoranwa
umutima w’impuhwe igihe cyose. Ntabwo bigomba kuba ikibazo
gikomeye gusa ari
uko ingaruka zacyo zitangiye kugera ku bihugu bikomeye.”
Perezida
wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe
(AU), Moussa Faki Mahamat mu kiganiro n'abanyamakuru ku kibazo
cy'abimukira
JK :
Ariko se koko usibye kwiralira no
gukunda amaronko, u Rwanda nicyo gihugu muli Afurika gikwiye gufata
iyambere
mukugoboka baliya bantu ?
Hali ibihugu binini bikize kandi bifite ubutaka n’umutungo wo kwakira baliya bantu, agahugu gato gatuwe kurusha ibindi, gafite inzara mubaturage yabaye karande, niko kagiye gutabara koko ? Mulitege akabili inyuma!!!
Aba
basore Kagame agiye
kuvana muli Libiya nabo azavana muli Isirayeli azabashyira mugisilikare
abakoremo imitwe itazajya
igilira abanyarwanda impuhwe, niyo izajya ikoreshwa
muguhangana n’abanyarwanda kuko yasanze abo afite ali abana, bashiki, baramu
cyangwa
basaza
b’abo ahanganye nabo. N’abagande yacungiragaho
yasanze nabo abenshi
bafitanye amasano n’abanyarwanda bavuyeyo.Yasanze bashobora
kuzamutenguha. Arashaka rero gukora Légion
Etrangère izajya imulinda ikazanamurwanilira kugeza
kuwanyuma. Umuntu ukuvanye
m’ubutayu akaguha ibyo ukeneye, ntakindi wamwitura usibye kumupfira.
Baliya mumyaka mike, uzasanga alibo ba Généraux u
Rwanda ruzaba rufite.