Radiyo nshya «VOP-Ijwi ry’Amahoro» izigisha kandi isesengure politiki zinyuranye zigezwa kuri rubanda.

Publié le 6 avril 2017 par veritas

 Mbonigaba Masabo

Guhera kuri uyu wa gatanu taliki ya 07 Mata 2017, ku isaha ya saa cyenda z’amanywa ku isaha y’i Kigali, abanyarwanda bari mu Rwanda no mu karere k’ibiyaga bigari, barashobora gukurikirana ibiganiro bya radiyo nshya yitwa « VOP-Ijwi ry’Amahoro ».

Radiyo «VOP-Ijwi ry’Amahoro » izajya yumvikana ku murongo mugufi wa SW (Short wave) kuri metero 13, kiloheriti 21525 (21525 KHZ, 13 meter band) muri Afurika yose no kuri interineti. Umuyobozi wa Radiyo « VOP-Ijwi ry’Amahoro » ni Bwana Mbonigaba Ismaël, akaba ari umunyamakuru w’umwuga utuye mu gihugu cya Canada, akaba yungirijwe muri ubwo buyobozi bwa Radiyo na Bwana MASABO Nyangezi, umuhanzi uba mu gihugu cy’Ububiligi.

 
Radiyo « VOP-Ijwi ry’Amahoro » izajya yumvikana ku murongo mu gufi mu gihe cy’isaha imwe gusa guhera ku isaha ya saa cyenda z’amanywa mu Rwanda kugeza saa kumi, kimwe no mu burasirazuba bwa Congo n’Uburundi. Naho ku bihugu ba Kenya,Tanzaniya na Uganda azaba ari ku isaha ya saa kumi kugera saa kumi n’imwe. Radiyo « VOP-Ijwi ry’Amahoro » izajya yumvikana mu mirongo migufi mu minsi 3 gusa mu cyumweru : kuwa gatanu, kuwa gatandatu no ku cyumweru ku isaha yavuzwe haruguru.

Mu kiganiro kirambuye dukesha urubuga «umunyamakuru.com», Bwana Mulindahabi, umuyobozi w’urwo rubuga yagiranye na Bwana Mbonigaba Ismaël Umuyobozi wa Radiyo «VOP-Ijwi ry’Amahoro », yasobanuye kuburyo burambuye intego z’iyo radiyo. Mbonigaba yagize ati :

 «Iyi radiyo izajya itangwaho umusanzu n’abakorerabushake twakwita urugaga, aribyo mu gifaransa bita « l’avant-garde de la paix et la libre expression », akaba ari abakorerabushake b’amahoro n’ibitekerezo (...). Ibiganiro binyura kuri SW tubanza kubitegura kuko tutaragira ubushobozi bwo gutambutsa ibiganiro en direct (ako kanya). Radiyo «VOP-Ijwi ry’Amahoro» ni radiyo ifite umwimerere wayo utandukanye na za radiyo zisanzwe abantu bakunda kwita za radiyo de propagande politique, cyangwa se ngo tube dutangije iradiyo izajya inyuzwaho imyidagaduro, n’umuziki gusa ! Oya ! Turi iradiyo yigisha, une radio pédagogique.

Aha byumvikane ko za radiyo za Propagande aba ari za radiyo ziba zishamikiye ku mashyaka, ahanini zigatambutsa amahame y’ayo mashyaka. Twe rero mu nyigisho zacu, intumbero dufite ni iyo gukora isesengura ryaza politiki, zaba iza guverinema cyangwa se iz’ayo mashyaka, tukabikora twifashishije abantu b’impuguke cyangwa se b’inararibonye muri domaine iyi niyi tuzaba turi mu kuvugaho (…) ». Ikiganiro cya mbere kizanyura kuri radiyo « VOP-Ijwi ry’Amahoro » gisobanura cyane imikorere y’iyo radiyo kikanasogongeza abayumva ku cyunamo cya jenoside gitangira kwibukwa mu Rwanda kuri iyi taliki ya 07 Mata 2017.

Hagati aho abanyarwanda bari mu gihugu cy’Ububiligi, bo bakaba bazindutse ari benshi ku rwibutso rwa  jenoside y’abanyarwanda rwubatse mu gihugu cy’Ububiligi. Jenoside mu Rwanda ikaba yaratangiye ku italiki ya 06/04/1994 ubwo indege yari itwaye perezida w’u Rwanda Juvénal Habyarimana ari kumwe na Cypriani Ntaryamira, Perezida w’Uburundi yahanurwaga i Kigali saa mbiri n’igice ku isaha ya nimugoroba. Igihugu cy’Uburundi nacyo kikaba kibuka urupfu rwa Perezida Cypriani Ntaryamira kuri iyi taliki ya 06 Mata buri mwaka.


Mushobora gukanda kuli iyi nteruro mukumva ikiganiro cya Ismaël na Mulindahabi kubulyo burambuye.

Veritasinfo.  

VOP 07 avril 2017

 


Tweet