Jeane Nyirahabineza Kumurongora neza byatumye yiteza Imbere

Agera kuri Million 100

http://bit.ly/2fP7m9m

Nyirahabineza Jane, asobanura uko yarongowe neza n’umugabo we ararangiza aranaryoherwa.

Mu gihe bamwe mu banyarwandakazi batinya kugira byinshi bavuga ku gikorwa kijyanye n’imibonano mpuzabitsina cyangwa ku buzima bw’imyororokere, Jane Nyirahabineza we avuga ko umunsi umugabo yamuteraga akabariro akarangiza byamufunguye mu mutwe.

 Nyirahabineza

Ati: “Njyewe nashakanye n’umugabo wanjye ntazi ibintu byo kurangiza ibyo aribyo, namufataga nk’umuntu usanzwe rwose, ibyo mvuga ni ukuri nk’umuntu utanga ubuhamya, twabanye nawe nta bintu by’imibonano mpuzabitsina nawe azi,

Uyu mugore akomeza avuga yaje kumva abantu baganira ku mibonano agira ibyo yumva abita mu gutwi araceceka, by’umwihariko ubu akaba arata uko yumvishe amerewe nyuma yo guterwa akabariro akarangiza, ati: “mu by’ukuri, umunsi twabikoze nkarangiza numvishe muri njye ari nk’igihu kivuye ku maso, nabonye ari nk’imana yanjye[araseka], numva uburyo namufataga birarenze”.

Imodoka

Ku bwe avuga ko kurongorwa ukarangiza biba bimeze nko kwitura umutwaro, ati: “ubundi kurangiza wumva!!! Ni nk’umutwaro uba wikuyeho, ni nka toni (1000Kgs), numva mbaye umuntu mushyashya, numva mfungutse mu mutwe(…)”.

Nyuma yabyo ngo yatangiye kumva ahangayikishijwe n’uburyo umugabo we akora wenyine, atangira kumuhangayikira, yabona abandi bafite inzu n’imodoka byiza akibaza uburyo azabigeraho bikamuyobera.

Ati: “nabonaga abafite imodoka nziza, inzu nziza, nkibaza….nagize nti oya, ibi bintu burya nari narapfuye nabi none ndabona izingiro ryabyo ribonetse, mu by’ukuri ntumbaze, ubwonko bwahise buba nkubufungutse kandi nkirinda ikintu cyatuma nshwana nawe (umugabo we).

Mu myaka 14 avuga ko bamaranye, yemeza ko umugabo we atamukubita n’urushyi, ati: “ntabwo nzi urushyi rwe, ntabwo nzi inabi ye, niba nakosheje izibana ntizibura gukomanya amahembe, ndapfukama nti mbabarira”.

Yongeraho ko adresse y’umugore ari umugabo, ati: “iyo udafite umugabo kandi mubana mu buriri birababaza,  iyo udafite umugore kandi mubana mu buriri birababaje, njyewe numvishe mfungutse mu mutwe, imibonano ifungura mu mutwe, ituma umubiri wose umera neza,…”.

Byinshi akomeza avuga byamufashije nyuma yo kurangiza, ati: “maze kubikora nkarangiza nkanyurwa, imibonano nkumva iciyemo, numva ibintu biraryoshye, nanjye ndavuga nti ubu noneho reka nicare hasi untegeke, tubane, twinjize,turere,tubyare,…”.

Mu buzima busanzwe Jane Nyirahabineza ni umuvuzi gakondo, akaba asoza ubu buhamya bwe avuga ko atari uburyohe gusa yavanye mu mibonano ahubwo ko yakuyemo urukundo n’iterambere ku buryo avuga ko ubu amaze kugera ku bikorwa bibarirwa muri miliyoni ijana.

Video



Tweet