Musenyeri
Ntihinyurwa
ntiyitabye Urukiko rwa Nyarugenge
Yanditswe
na Rabbi
Malo Umucunguzi
Kuya
21 Nzeri 2017
Umushumba wa Arkidiyosezi ya
Kigali, Musenyeri Ntihinyurwa Thaddée
Umushumba
wa Arkidiyiosezi ya Kigali, Musenyeri
Ntihinyurwa Thaddée ntiyitabye Urukiko rwisumbuye rwa
Nyarugenge, rwari
rwamuhamagaje mu nama ntegurarubanza yarezwemo na Manirareba
Herman, amushinja gutesha
agaciro umuco Nyarwanda.
Iyi nama
niyo yasuzumirwagamo niba ibyangombwa byose byuzuye ngo urubanza
rutangire
kuburanishwa. Muri iyo nama urega yashobora kwiyunga n’uregwa
akaba yanatanga
indishyi.
Musenyeri
yari yahamagajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nzeri
ariko ntiyitaba
ubwanditsi bw’urukiko, ategerezwa kuri uyu wa Kane nyuma ya
saa sita nabwo biba
uko. Nyuma byemejwe ko urubanza ruzatangira kuburanishwa kuwa
13 Ugushyingo 2017 ku Rukiko
Rwisumbuye
rwa Nyarugenge.
Mu kirego
cye, Manirareba ashinja Musenyeri Ntihinyurwa “gutesha
agaciro Abanyarwanda
bose no guca umuco gakondo wabo wari ushingiye kuri kirazira
awita uwa
gishenzi akawusimbuza uw’abaheburayo ushingiye kuri Kiliziya
Gatulika y’i
Roma.”
Ibyo
byatumye asaba ko urukiko rwasesa
Kiliziya Gatolika mu Rwanda, amadini yose ahakorera n’utundi
dutsiko twose
tuvuga ko dusenga Imana kandi rugategeka ko kirazira igaruka mu Rwanda.
Nyuma yo
kubonana n’ubwanditsi bw’urukiko kuri uyu wa Kane i
Nyamirambo, Manirareba
yabwiye IGIHE ko yagiye abazwa ku byo yasabye urukiko, akagenda
asobanura
ingingo ku yindi.
Yavuze ko
ikirego cya Musenyeri Ntihinyurwa yatangiye kucyigaho mu 1999
ndetse ngo niwe cyaturutseho nta wamugiriyemo inama yo kurega.
Yagize ati
“Natangiye kwitegereza ibintu, ndetse nigeze gushaka kwandika
agatabo kajyanye
nabyo, nza kureba nsanga Abanyarwanda batagira umuco wo gusoma cyane,
ndakareka. Noneho nkomeje gushakashashaka ibyo nashakaga kwandika
bivamo
ikirego.”
Avuga ko afite
ibimenyetso bifatika ndetse ngo aramutse atsinze Musenyeri
indishyi yasabye
zajya mu isanduku ya leta, yo ikazigabanya
abarokotse Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994 kuko ingaruka n’ibikorwa
yita bibi bya Kiliziya
Gatolika zabagezeho.
Yavuze ko
impamvu asaba urukiko gusesa Kiliziya gatolika mu Rwanda ari uko ifite
ibibi
byinshi yakoze, aho yinjiye mu Rwanda “ica
Abanyarwanda bamwe, abandi ikabica.”
Yakomeje
agira ati “Ku ikubitiro yaciye uwitwa Gashamura
wari umutware w’Abiru imucira i Gitega mu Burundi, ubwo
yashakaga ukuntu ica
intege Umwami Musinga wari waranze kuba umuyoboke wayo ngo abatizwe.
Uwo
Gashamura rero baramuciye, baca n’ibyegera bye, nyuma yaho
umwami Musinga nawe
baza kumuca mu gihugu, bamucira i Kamembe, nyuma
baza kumujyana muri
Congo ahitwa i Moba.”
Manirareba
avuga ko amadini yose aseswa kuko yose “gatolika
niyo yagiye ibyara ariya
madini yose ukurikije uko amateka abyerekana kandi akora bimwe
nayo.”
Uyu mugabo
w’imyaka 42 utuye mu
karere ka
Nyarugenge avuga ko atemera Yezu cyangwa Imana abantu b’ubu
basenga.
Yakomeje
agira ati “Vuga
ko Yezu adakwiye no kwizerwa n’Abanyarwanda kuko
nta cyiza yabamariye. Uzi ko no muri za kiliziya zo mu Rwanda, Abatutsi
bamuhungiyeho bazi ko bari buhabone uburengezi bwe, cyane cyane ko
abamwemera
bavuga ko ari umunyampuhwe, atabara abababaye, abari mu kaga, ariko
ku
batutsi siko byagenze.”
Anabihuza
n’amagambo ngo Yezu yivugiye nk’uko bigaragara muri
Matayo: 10, 34-39, ko ataje kuzana
amahoro ku Isi ahubwo ko yaje
kuzana inkota. Manirareba ati “iriya nkota ni
Jenoside.”
Anavuga ko
adasenga nk’iby’abubu ahubwo ngo mu gusenga kwe
atekereza ku bakurambere b’iki
gihugu, ku isonga hakaba Ruganzu II
Ndoli wubuye u Rwanda igihe rwari rwarubitswe
n’abanyamahanga
(Abanyabyinshi n’Abanyabungo) barumaranye
imyaka 11.
Ati
“Kurwubika bivuze kwica umwami Ndahiro II Cyamatare
n’abo mu muryango we
wose, uwacitse ku icumu ni Ndoli wari
warahungishirijwe i Karagwe kwa
Nyirasenge Nyabunyana,
bigizwemo
uruhare n’abapfumu bakomeye cyane, bari barabwiye Ndahiro ko
u Rwanda rugiye
guterwa n’abanyamahanga bakamwica,
baramubwira bati hungisha umucunguzi.”
Undi muntu
yiyambaza ngo ni Kigeli IV Rwabugiri
uri mu baguye u Rwanda akagera no mu mahanga. Ati “Imana
y’i Rwanda yo ndayemera, Imana itagira
insengero, Imana
idashyira agahato ku bantu.”
Manirareba
avuga ko kuwa 29 Kamena 2001,
Musenyeri Ntihinyurwa afatanyije na bagenzi be barimo Musenyeri Misago
Augustin
wayoboraga Diyoseze ya Gikongoro, bemeje ko uwabonekeye i
Kibeho kuva ku
itariki ya 28 Ugushyingo 1981
kugeza
kuya 28 Ugushyingo1989
“ari Bikiramariya Nyina wa Yezu
kandi ari Nyirarumaga wabyaye Ruganzu II Ndori mu buryo bwa
mwuka
wari waje kubwira Abanyarwanda ko mu gihugu cyabo hazabaho Jenoside
kugira
ngo bayirinde”.
Manirareba
asaba indishyi ku Batutsi 1.074.017
bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi; anasaba indishyi ku banyarwanda
miliyoni 12 ku
bw’ibikomere batewe
na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uyu mugabo
yasabye Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, gutesha agaciro
icyemezo
cy’amabonekerwa y’i Kibeho hakemezwa ko uwabonekeye
abakobwa bavugwa atari
Bikira Mariya nyina wa Yezu, ahubwo ari Nyirarumaga.
Musenyeri Ntihinyurwa Thaddée utitabye kuri uyu wa Kane cyangwa ngo abe yohereje umunyamategeko we ari mu myiteguro ya Yubile ye y’imyaka 75, n’ijana y’Ubusaseridoti muri Cathedrale ya Saint Michel izaba ku wa Gatandatu tariki ya 23 Nzeri 2017 mu misa izabera kuri Stade Amahoro i Remera.
JK :
Bwana Manirareba
Herman mbere yo kwihakana Yezu, yarakwiye kubanza nawe
agasoma ibyanditse
muli Matayo 10 : 32 – 34.
Yali akwiye kandi kwibuka ko
abashakiye bose amaronko kuli Yezu
ntiyabahiliye.
Kanda
usome uko Manirareba yatanze ikirego.