Magufuli
yerekanye ko adashaka gusinya amasezerano u Rwanda rwamaze gusinyana
n’Abanyaburayi
Yanditswe
na
James Habimana
26/02/2017
Magufuli na Museveni muri Tanzania
(Ifoto/Internet)
Perezida
John Pombe Magufuli wa Tanzania, yagagaraje ko amasezerano
y’ubuhahirane
ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Uburasiarzuba birimo
gusinyana n’ibihugu
by’Uburayi, ari ubukoloni bushya.
Magufuli
yabwiye Perezida Yoweri Museveni wa Uganda ko byaba ari bibi igihugu
cye
(Tanzania) kiramutse gishyize umukono kuri aya masezerano, u Rwanda na
Kenya
byo byamaze gusinyaho.
Aya
masezerano y’ubufatanye mu bucuruzi hagati
y’Umuryango wa Afurika
y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango
w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), afatwa
nk’azoroshya ubucuruzi n’ubufatanye mu iterambere
hagati y’iyi miryango yombi,
harimo no gukuraho imisoro ku bicuruzwa bikorerwa mu bihugu bigize iyo
miryango
yombi.
U Rwanda na
Kenya byamaze kuyasinya ariko ibindi bihugu birimo Uganda, u Burundi na
Tanzania byanze kuyasinya.
Ubwo
Perezida Magufuli yakiraga Yoweri Museveni wa Uganda muri Tanzania,
yongeye
kuvuga ko gusinya aya masezerano byaba ari ubukoloni.
Yagize ati
“Ndizera ko Uganda izagera ikirenge mu cyacu (Tanzania) mu
rwego rwo guharanira
inyungu z’ibihugu byacu, aya masezerano twayaganiriyeho igihe
kinini ariko kuri
njye mbifata nk’ubundi buryo bwo gukolonezwa, byaba ari bibi
ku gihugu cyacu.”
Perezida
Museveni na we avuga ko kuba ibihugu bimwe bya Afurika byaranze
gushyira
umukono kuri aya masezerano, bigaragaza ko abayateguye bari bafite
umugambi wo
gutandukanya Abanyafurika, nk’uko igitangazamakuru
“The Citizen”
kibuvuga.
Bimwe mu
bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuha bivuga ko
aya masezerano
azagirira inyungu ibihugu bimwe, mu gihe ibindi ntacyo bizakuramo.
N’ubwo
hari
ubwumvikane buke muri ibi bihugu, igihugu nka Kenya cyo gikeneye cyane
ko ayo
masezerano ashyirwaho umukono kugira ngo kibashe kugeza ibicuruzwa
byacyo ku
isoko ry’i Burayi kitatswe imisoro, gusa igihugu nka Tanzania
icyo gishimangira
ko nta nyungu aya masezerano azazanira EAC, ahubwo azaha isoko rigari
ibihugu
byo mu bihugu by’Iburayi bifite inganda zateye imbere,
ibicuruzwa byabo
bikiharira amasoko yo mu karere n’u Rwanda rurimo.
Gusa kugira ngo aya masezerano ashyirwe mu bikorwa, birasaba ko ibihugu byose bya EAC biyasinyaho nk’uko byemeranyije, cyane ko ngo azaba ari isoko ry’akarere aho kuba igihugu ukwacyo.
JK : Tanzaniya
niba yanga gusinya aya masezerano nuko izi ko byatuma inganda zayo zaba
zitagishoboye guhangana n’ibikorerwa mubihugu byateye imbere
bigize UE. Ikibazo cyigiye gusenya uyu mulyango nuko aya masezerano naramuka
adasinywe,
amafaranga UE yabahaga agize hafi icya kabili cy’ ingengo
y’imali ya EAC, ntazaba
agitanzwe. Ikindi nuko ibihugu biyigize nabyo bitagitanga umusanzu
kubera
ubukene bubyugalije, mumyaka ili imbere uyu mulyango wa EAC uzaba
usigaye
mumateka.
Nimwiyumvire uko
imali yawo iteye muli
iki gihe.