Intumwa
nshya ya Amerika
mu Biyaga Bigari Linda Greenfield izanye amatwara akarishye ku kibazo
cyo
guhindura itegeko nshinga
Yanditswe: 11/03/2015
“Niba
abaperezida b’abanyafurika batubahirije itegeko shinga ryabo,
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zizafasha abaturage abakuru
b’ibihugu byabo
barangije manda zabo kwifatira
inshingano”
Ibyo n’ibyatangajwe n’intumwa nshya ya Leta Zunze
Ubumwe z’Amerika mu Biyaga
Bigari, Linda Greenfield, wasimbuye Russ Feingold.
Mu gihe Russ
Feingold yasize asabye abakuru b’ibihugu byo muri Afurika
by’umwihariko muri Repubulika
iharanira Demokarasi ya Congo kubahiriza itegeko nshinga, Madamu Linda
Thomas-Greenfield wamusimbuye we yagiye kure kuko nta cyahindutse kuri
politiki
ya Amerika kuri Afurika.
Mu
gushyiraho iyi ntumwa nshya mu Biyaga Bigari, Leta Zunze Ubumwe
z’Amerika
zagaraje ubushake bwazo mu gukomeza gukurikiranira hafi
abakuru b’ibihugu
byo mu Biyaga Bigari.
Mu kiganiro
madamu Linda Greenfield yahaye Radio RFI, ntiyigeze arya iminwa ku
bijyanye no
guhindura itegeko nshinga bamwe mu bakuru b’ibihugu byo mu
karere bakekwaho
kugerageza guhindura kugira ngo babone uko biyamamariza kuyobora manda
zirenze
izo bagenerwaga n’itegeko nshinga ryari ririho mu bihugu
byabo.
Yagize ati: “Niba
abaperezida b’abanyafurika batubahirije itegeko nshinga
ryabo, Leta Zunze
Ubumwe z’Amerika zizafasha abaturage b’ibihugu
abakuru babyo barangije manda
kwifatira inshingano.” Yakomeje agira
ati: “Turahatirwa kwizera
ko Washington inashobora gutuma abaturage b’Abanyafurika bigumura ku bayobozi”.
Ese uku niko byagenze muri Burkina Faso? N’ikibazo kikibazwa.
Ariko
ukurikiranye neza iyi ntumwa nshya ya Leta Zunze Ubumwe
z’Amerika mu Biyaga
Bigari, wari usanzwe ari umunyamabanga wungirije wa leta ushinzwe
ibibazo
by’Afurika, asa n’ucira amarenga aba bayobozi.
Mu minsi
ishize uyu mudamu yigeze gutumirwa mu biganiro mpaka, byarimo
abahagarariye
umuryango mpuzamahanga batandukanye, ku kibazo cy’irangira
rya manda za
perezida Kabila nka perezida wa Congo, inkuru yasohotse muri Jeune
Afrique
N°2804 yo kuwa 05 kugeza 11 Ukwakira 2014.
Muri iki
kiganiro madamu Linda yashyigikiye ko abaperezida
b’Abanyafurika bagomba gukora
manda 2 hanyuma bakagenda. Ese yaba ari yo mpamvu Leta Zunze
Ubumwe
z’Amerika zamugize intumwa yazo muri ibi bihugu abakuru
b’ibihugu babyo
bakekwaho kugerageza guhindura itegeko nshinga? Icyo nacyo
n’ikibazo kikibazwa
nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.
Umuvugizi wa
guverinoma ya Congo, Lambert Mende agerageza gusubiza Linda Greenfield
yavuze
ko atabona aho imibanire na manda y’abaperezida bihuriye. Ngo
aho kugaragaza
uko inzego za Afurika zikwiye kumera, inshuti nyazo za Afurika
zakagombye
guhuza politiki nyafurika n’imibanire n’imico byayo.
Russ
Feingold wasimbuwe na Linda Greenfield,yavuye ku mwanya
w’intumwa ya Leta Zunze
Ubumwe z’Amerika mu Biyaga Bigari mu ntangiriro za Mutarama
uyu mwaka nyuma
y’umwaka n’igice yari amaze kuri uyu mwanya, akaba
yarasuye Ibiyaga Bigari
inshuro 15 nk’intumwa
y’Amerika.
Dennis
Nsengiyumva - imirasire.com