Ubushinjacyaha
bwiteguye gukora iperereza ku mvugo za Twagiramungu
Yanditswe
na IGIHE
Kuya
22 Ukwakira 2018
WhatsAppEmail
Twagiramungu
Faustin umaze igihe
kinini yumvikana mu mvugo zipfobya Jenoside
Umushinjacyaha
Mukuru w’u Rwanda, Mutangana Jean Bosco, yatangaje ko
biteguye gukora iperereza ku magambo ya Faustin Twagiramungu uba mu
buhungiro
mu Bubiligi, ashobora kuba agize ibyaha byo gupfobya Jenoside.
Inshuro
nyinshi Twagiramungu yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga yandika
amagambo avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi itateguwe, ko mu Rwanda
habaye
Jenoside ebyiri n’ibindi.
Abantu
batandukanye bakunze gusaba ko amagambo y’uyu mugabo
yakorwaho
iperereza ku buryo abiryozwa.
Umushakashatsi
ku mateka, Tom
Ndahiro, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yasabye Urwego
rw’Igihugu
rw’Ubugenzacyaha gukora iperereza kuri Twagiramungu kuko
ibitekerezo bye
biganisha ku cyaha.
Yakomeje
agira ati “Urwango afitiye abarokotse Jenoside
n’ababarokoye,
ruteye ikibazo”.
Umunyamabanga
wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko
bibabaje kubona Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe
w’u Rwanda agiriwe
icyizere na FPR, yarahindutse umuhakanyi
wa Jenoside.
Ibi
Nduhungirehe yabitangaje nyuma y’ubutumwa bwa Twagiramungu
buvuga ko
Jenoside mu Rwanda yakozwe na FPR hamwe n’Ingabo zari iza
FAR. Ni mu gihe bizwi
neza ko FPR ariyo yahagaritse Jenoside.
Umushinjacyaha
Mukuru, Jean Bosco Mutangana, yabwiye IGIHE ko amagambo ya
Twagiramungu ashobora kuganisha ku cyaha cyo gupfobya cyangwa guhakana
Jenoside
yakorewe Abatutsi.
Ati
“Aho avuga ko itigeze itegurwa, akavuga ko Habyarimana na
MRND batigeze
bategura Jenoside, ibyo bihabanye cyane n’ibyemejwe
n’inkiko mpuzamahanga
n’ibikorwa bigaragara byerekana ko Jenoside yateguwe,
Interahamwe zikigishwa,
ingengabitekerezo yayo ikigishwa mu mashuri, kugeza
aho abatutsi bishwe
mu myaka myinshi kugeza no mu 1994.”
Yakomeje
avuga ko Twagiramungu adashobora kwihisha inyuma y’ibyo yita
ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo ngo avuge ibyo ashaka.
Ati
“Ntabwo ubushinjacyaha buzihanganira izo mvugo. Turabikorera
isesengura, ibyo tuzasanga bifite ibyaha bifatika bishobora gutuma
akurikiranwa
tuzabikora rwose. Tuzakorana n’ibyo bihugu aherereyemo cyane
cyane ko dusanzwe
dufitanye n’imikoranire.”
“Twiteguye
gukora iperereza kuri we, tugakorana n’igihugu arimo
[…] Niba
agiye kuba uhakana Jenoside, azajya ku rutonde
rw’abagomba gukurikiranwa
nk’abapfobya Jenoside.”
Umushinjacyaha
Mukuru yakomeje avuga ko ari inshingano z’Ubushinjacyaha
gukurikirana umuntu wese uri mu murongo w’abapfobya,
bagahakana Jenoside ‘kimwe
n’abandi bashaka no kuba bayikora nka FDRL’.
Itegeko
ryo mu 2013 rishyiraho icyaha cy’ingengabitekerezo ya
Jenoside
n’ibindi byaha bifitanye isano nayo, rivuga ko guhakana
Jenoside bishingiye ku
magambo agoreka ukuri kuri Jenoside hagamijwe kuyobya rubanda no
kwerekana ko
Jenoside yakorewe Abatutsi itateguwe.
Rikomeza
rivuga ko gupfobya bigizwe n’amagambo agabanya uburemere
cyangwa
ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi no koroshya uburyo Jenoside
yakozwemo.
Twagiramungu
yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva mu 1994
yegura mu
1995, ahita yerekeza mu buhungiro mu Bubiligi.
Mu
2003 yiyamamarije umwanya w’Umukuru w’Igihugu
nk’umukandida wigenga gusa
aza gutsindwa aho yagize amajwi 3.62% mu gihe Perezida Paul Kagame
yagize
95.0 %.
Umushinjacyaha
Mukuru w’u Rwanda,
Mutangana Jean Bosco, yatangaje ko badashobora kwihanganira amagambo ya
Twagiramungu
JK :
Twagiramungu
Faustin
mukiganiro yagiranye na Radio TV Ikondera yasubije aba bose yaba
Umushinjacyaha, yaba Tom Ndahiro ndetse na Nduhungirehe .
Twagiramungu
yavuzeko
agize Imana uyu mushinjacyaha yatanga icyo kirego maze nibura ukuli
kuli
Jenoside yabaye mu Rwanda kukajya ahagaragara.
Faustin
Twagiramungu :