Rwanda:
Abakirisitu Gatolika nibabwizwe ukuri kuri jenoside.
Inyandiko
ya Tom Ndahiro, mu Mvaho (www.orinfor.
gov.rw)
Hari benshi batigeze bamenya ko umwaka w'2009 ari umwaka w'umusaseridoti.
Nanjye nabibwiwe na Kinyamateka
N0 1769 yo muri Nyakanga 2009, (urup.12), ahari inyandiko ifite umutwe ureshya
umusomyi: "Abapadiriri baregwa icyaha cya jenoside".
Interuro ya mbere itangira ivuga ngo: "Muri uyu mwaka w'abasaseridoti, Kinyamateka yifuje gufasha abakunzi bayo kumenya ukuri
ku bapadiri b'u Rwanda…" baregwa icyaha cya jenoside.
Mu by'ukuri ntabwo iyo nyandiko ifasha
abakunzi bayo kumenya ukuri ku
bapadiri b'u Rwanda nk'uko batangira babivuga. Ntarayisoma nibazaga ko koko ikiyivugwamo cyane ari icyo.
Nibazaga ko ngiye kumenya amakuru y'abapadiri nka ba
Seromba w'i Nyange watanze uruhushya rwo gusenyeraho
Kiriziya abatutsi bayihungiyemo bakabica bakabamara. Nari nzi ko ngiye gusoma
ibyemezo byafatiwe abapadiri birirwa bamamaza urwango rw'abatutsi kumugaragaro, ko noneho bagiye kubuzwa
gukomeza gusomera abantu misa, ko bagiye kwamburwa ububasha bwo kubatiza no kwicuzwaho ibyaha.
Sibyo nasanzemo. Harimo amazina make cyane y'abapadiri
bafunzwe bakurikiranwaho icyaha cya jenoside,
kimwe n'abahamijwe icyo cyaha n'Inkiko
bakaba barakatiwe. Igice kinini cy'inyandiko,
hafi 80% kigizwe n'inkuru ndende y'ukuntu umupadiri witwa Josaphat Hitimana yahanaguweho n'urukiko Gacaca icyaha cya
jenoside yashinjwaga na bamwe mu baturage. Igice gito, hafi
20% nicyo cy'ingenzi kuko gikubiyemo ubutumwa bukomeye. Izina rya padiri
Josaphat Hitimana ryabaye igikoresho gusa cyo gusohoza ubutumwa.
Ubutumwa bw'ingenzi bukubiye muri iyo nyandiko ni ubushake bwo kwibagiza abantu
jenoside no gushyigikira abajenosideri. Ibyo kandi bikaba bimaze
gufata intera ndende mu nyandiko no mu mvugo haba mu gihugu
ndetse no mu mahanga, cyane cyane ahari
indiri y'abajenosideri. Igitangaje cyane ariko ni uko inkuru
itanditswe n'umunyamakuru, ahubwo ari iy'
Ubwanditsi. Muri icyo kinyamakuru cyose, ni iyo nkuru yonyine,
gusa yanditswe n'ubwanditsi. Kimwe n'ijambo ry'ibanze.
Iyo hakoreshejwe "Ubwanditsi" , ni ukuvuga ko ari "Kinyamateka" kandi nyiracyo akaba ari Inama y'Abepiskopi
mu Rwanda, ibyo bikaba bisobanuye ko ubutumwa burimo ari ubwo
abafite ububasha kuri icyo Kinyamakuru.
Bitaba ari ibyo bikaba iby'umuntu
wahawe inshingano yo gukora inyandiko
nk'iyo akagira isoni zo kwiyitirirwa
urukoza soni.
Iyo umusomyi ushishoza asesenguye neza ibikubiye muri iyo nyandiko asanga
hakubiyemo ubutumwa buhamagarira guhakana no gupfobya jenoside, gushyigikira abajenosideri ndetse no kubangamira gahunda y'ubumwe n'ubwiyunge bw'abanyarwanda:
1. Usibye mu mutwe w'inyandiko, ahandi usanga jenoside yitwa "amateka mashya, ibyabaye, ibintu...." Uwazize jenoside n'uwayirokotse, yaba nta dini
agira, yaba umukristu, umugatolika usanzwe cyangwa umusaseridoti, ubwanditsi ntibubazi. Ntacyo bubaziho kuko nta na hamwe
bubavuga cyangwa bubavugira. Ubwanditsi bwirinze kandi kugira icyo buvuga
ku bapadiri baregwa jenoside bakaba barahunze ubutabera. Ibintu, ibyabaye ni amateka si ibyaha umuntu yaregerwa.
Ibyo byitwa GUHAKANA
JENOSIDE.
2. "Intego nyamukuru
(y'ubwanditsi) ni iyo gufasha abakristu gusenga cyane ngo
ibyo shitani yateye muri Kiliziya ntibizongere ukundi no gufasha abihebye, abambuwe isura n'icyubahiro kwihangana no kwemera guhozwa no guhindurwa na nyagasani." Ibyo ni ibyanditse muri iyo nimero ya Kinyamateka.
Iyo Kiliziya cyangwa Kinyamateka isaba abakrisitu bayo gusenga cyane
kugira ngo "ibyo shitani yateye
mu Kiliziya" bitazongera,
kandi umuntu ari we gatozi
ku cyaha yakoze, uwo muntu
aba akuweho uruhare yagize (responsibility) , kuko uruhare ruba
ari urw'uwo "Shitani" udashobora kuboneka ngo akurikiranwe
mu mategeko. Ibyo nta kundi byitwa
nabyo ni uguhakana jenoside.
Kuvuga ngo shitani yateye muri Kiliziya utavuze ko abatewe nayo ari
abasaseridoti n'abo bayobora ni ukujijisha, cyane cyane iyo
hatavugwa icyakozwe cyangwa ingamba ziriho zigamije kwitandukanya nabo.
Imvugo ishyirwa imbere ko Jenoside yakorewe abatutsi ari: "ibyo shitani yateye muri Kiliziya", bisobanura ko mu by'ukuri byabazwa shitani ntabwo byabazwa ababikoze, ndetse niyo mpamvu
abakrisitu basabwa gufasha "…..abambuwe isura n'icyubahiro kwihangana no kwemera guhozwa no guhindurwa na nyagasani."
Iyi mvugo isa n'itangiye kumenyerwa, mu by'ukuri ihishe byinshi cyane. Ntaho itaniye
n'iy'abavuga ko abakoze jenoside ntawabarenganya kuko bari babitegetswe
n'abayobozi. Kinyamateka nayo ishimangira ko ntawabarenganya kuko ari shitani yabikoze,
bityo ababihaniwe n'Inkiko bambuwe isura n'icyubahiro, bakwiye gufashwa kandi bakemera no guhozwa. Mu by'ukuri ibyo ni UGUSHYIGIKIRA ABAKOZE JENOSIDE.
3. Ubwanditsi bwa Kinyamateka bushima Gacaca ko "yarebye kure" ikaba "n'ubutabera bwunga aho buri wese
avuga ikiri ku mutima..." ubwo bwanditsi buvuga ko busanga hari icyizere cy'iterambere
rirambye, ariko rikaba ritashoboka mu gihe hakiri ikibazo
cy'abantu bagifite "ipfunwe, inzangano, imijinya, akarengane, ubugome, inzika mu mitima yabo."
Urwo rutonde ntiruvuga ufite mu mutima we ibyo
bizatuma amajyambere y'igihugu arambye atagerwaho. Baba se ari abakorewe jenoside cyangwa abafungiwe icyo cyaha? Baba se ari imiryango yabo?
Iyo inyandiko nk'iyi idasobanutse neza, usoma atekereje
ko abo bavugwa bashobora kuba ari abanditse cyangwa abandikishije inyandiko ntiwamurenganya kuko nabyo bishoboka. Ikigaragara cyo ni uko inyandiko nk'iyi
ifasha cyane abatifuriza abanyarwanda UBUMWE
N'UBWIYUNGE.
Mubyo nabashije gukurikirana, ni uko harimo amagambo atatu areba abakoze
icyaha cya jenoside. Irya mbere ni "ipfunwe" naryo ku muntu
ufite umutima wa muntu wo
kuriterwa no kugaya ibyo yakoze. Abo bakaba atari benshi.
Andi ni "akarengane" n' "inzangano" avugirwa kubahanirwa jenoside, bose bitwa ko barengana,
bitewe n'inzangano gusa. Ayo magambo
yandi ndetse n'ubugome bwakozwe n'abakoze jenoside, kenshi atwererwa abacitse ku icumu.
Ibyo kandi bikaba umurage wa Perezida Juvenal
Habyarimana wari wariyise
"Ikinani cyananiye abagome n'abagambanyi. " Abagome bakaba ari abatutsi, abagambanyi
bakaba abahutu batari bashyigikiye jenoside.
4. Umusozo niwo uhuza intango y'inyandiko aho ubwo
bwanditsi bugira buti: "Abakristu bacibwa intege n'ibibi bivugwa cyangwa
byabaye kuba padiri. Yego ibirego bifite
ishingiro birababaje, kandi byibutsa wa mugani wa
Kinyarwanda uvuga ngo:
"Nta muryango ubura ikigoryi" …abafunzwe barahamijwe icyaha bagayishije Kiliziya… Muri uyu mwaka wo gusabira
abapadiri, dukaze umurego mu gusabira n'abafunze kuri nyir'Ubutungane.
" Inyandiko ikarangirira
aho!
Ibyo ubwanditsi bwita "ibibi bivugwa" ni jenoside. Ku bapadiri babiryojwe bikitwa "ibyabaye kuba padiri". Umukristu ucibwa intege cyangwa
ubabazwa no kumva umupadiri ashinjwa jenoside kandi batanamubeshyera, agashavuzwa no kumva yabihaniwe, ni mukristu ki? Ese
uwo mukristu udaterwa intimba na jenoside yakozwe ahubwo akayiterwa n'umupadiri wakurikiranwe kubera ko yayikoze ni uwuhe watumye na ba nyiri Kinyamateka
bamugirira impuhwe? Icyaba giteye intimba
ikomeye umukristu nyawe ni uko yaba
ahubwo ari Kiliziya ifite iyo ntimba cyangwa
abayobozi bayo. Nizere ko ataribyo kuko uwaba afite
iyo ntimba yabarizwa mu bantu bakomeje guhakana jenoside.
5. Uretse gutwerera shitani icyaha cyakozwe n'abantu, ubwanditsi bwa Kinyamateka bworoheje uburemere bwa jenoside
haboneka inyoroshya-cyaha, iba ko "Nta muryango utagira
ikigoryi." Umuntu w'ikigoryi iyo akoze ikosa arababarirwa
kubera ko aba atazi icyo akora.
Ubugoryi buba inyoroshya-cyaha. Nta musazi numvise
uregwa ko yakoze jenoside. Jenoside ni icyaha cy'ubugome, si icyaha cy'ubugoryi. Itegurwa n'ubuyobozi n'abanyabwenge, igakorwa n'abantu bazima bazi
ibyo bakora. Ni nayo mpamvu abayikora
banayihakana. Ni uko baba bazi ububi bwayo.
Ubwanditsi bwa Kinyamateka rero buributsa abakrisitu ko jenoside ari icyaha
kimwe n'ibindi biterwa na shitani birimo ibibujijwe n'amategeko cumi y'Imana, dore ko icyaha cya jenoside kitarimo
ntikibe no mu mategeko agenga Kiliziya gatolika (Canon Law). Ibyo koroshya icyaha cya jenoside bene ako kageni, byitwa GUPFOBYA JENOSIDE.