Perezida
Kagame yishimiye
imbabazi zasabwe na Papa Francis
Yanditswe na Mathias Hitimana
Kuya 20 Werurwe 2017
Papa Francis yagiranye
ibiganiro byihariye na Perezida Kagame
Tariki 20
Werurwe ishobora kuba itazibagirana na rimwe mu mateka
y’umubano w’u Rwanda na
Kiliziya Gatolika; Papa Francis yashyize atera intambwe ikomeye yo
gusabira
Kiliziya ndetse n’abayigize imbabazi ku Mana
kubw’uruhare bagize muri Jenoside
yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu ruzinduko
rw’umunsi umwe Perezida Paul Kagame wari uherekejwe na Madamu
Jeannette Kagame
bagiriye ku butaka butagatifu bwa Vatikani, bagiranye ibiganiro na Papa
Francis
wabakiranye urugwiro rwinshi, ndetse hanabaho n’umwanya wo
guhererekanya impano
ubwo Papa yashyikirizwaga inkoni ya Kinyarwanda itatse amasaro.
Mu biganiro
bagiranye nyirizina bakomoje kuri byinshi birebana no kwiyubaka
kw’igihugu
ndetse na Kiliziya mu Rwanda n’uruhare rwayo mu iterambere,
aho Perezida Kagame
yashimiye Papa Francis ku bikorwa by’ingenzi birebana
n’iterembere Kiliziya
yagizemo uruhare kuva mu myaka irenga 100 ishize,
by’umwihariko mu birebana
n’uburezi ndetse n’ubuvuzi.
Mu kuri
gusesuye n’ubwubahane hagati y’impande zombi,
habayeho kuganira ku ruhare rwa
Kiliziya Gatolika muri Jenoside yakorewe Abatutsi hashingiwe ku kumva
kimwe
amateka y’u Rwanda ndetse n’ubushake mu guhangana
n’ingengabitekerezo ya
Jenoside.
Itangazo ryaturutse i Vatikani rigaragaza ko yicishije bugufi, "Papa
Francis yasabye Imana imbabazi ku byaha ndetse no gutsindwa kwa
Kiliziya
n’abayo bose" mu byabereye mu Rwanda.
Nyuma gato
yo kubonana na Papa Francis, Umukuru w’Igihugu yanditse ku
rukuta rwe rwa
Twitter amagambo agaragaza uburyo yakiriye neza imbabazi zasabwe.
Yagize ati
"Umunsi mwiza no guhura na Papa Francis...ibihe bishya mu mibanire
hagati
y’u Rwanda na Kiliziya. Kubasha gusabira imbabazi ibibi muri
ubu buryo ni
igikorwa cy’ubutwari."
Imbabazi
zasabwe na Papa Francis ntizisanzwe, cyane ko yakomeje ku ruhare rwa
"Kiliziya" muri rusange ndetse n’abayigize bose. Hari hashize
imyaka
hafi 23 iyi ntambwe yo gusaba imbabazi kwa Kiliziya itegerejwe. Mu gihe
Papa
yasabye Imana imbabazi ku byaha byakozwe na Kiliziya ndetse
n’abayigize, kuri
ubu igitegerejwe ni imbabazi zizasabwa Abanyarwanda muri rusange,
ndetse
n’abacitse ku icumu by’umwihariko.
Mu myaka yo
hambere mu kinyejana gishize, abapadiri bera bagize uruhare rukomeye mu
gucamo
Abanyarwanda ibice ubwo bababibagamo amacakubiri ashingiye ku moko.
Biturutse
ku ruhare rwabo nibwo Tutsi, Hutu na Twa byahindutse amoko
nk’uko tubizi muri
iki gihe. Ntibyagarukiye aho kuko imyaka yashize indi igataha, kugera
ubwo
abasenyeri, abapadiri, ababikira ndetse na bamwe mu bakirisitu bagiriye
uruhare
rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bidasubirwaho, imbabazi zasabwe na Papa Francis zitangije ibihe bishya mu mubano hagati ya Leta y’u Rwanda na Kiliziya wakunze kurangwa n’agatotsi kuva mu 1994.
JK : Uru ruzinduko Kagame yagiliye muli Vatican ruratera urujijo ukulikije ibyatangajwe na Vatican mw’itangazo yasohoye, wareba ibyo Perezida Kagame yatangaje k’urubuga rwe rwa twitter aho avuga ko yishimiye intambwe Papa yateye mugusaba imbabazi. Aha umuntu akibaza imbabazi zasabwe ni bwoko ki ? Zasabwe nde ? Ubusanzwe, usaba imbabazi niwe ujya kureba uwo azisaba ikindi usaba imbabazi niwe utanga icyiru cyangwa agatanga impano ashimira umuhaye imbabazi, kuli Kagame byose biraculitse. Kagame niwe wafashe urugendo (visite privé nkuko bitangazwa na Vatican) ajya kureba abasaba imbabazi aba ali nawe utanga impano.
Mw'itangazo lya Vatican livuga
ko Papa yasabye Imana
imbabazi kubyo Kiliziya itakoze
ntabwo yasabye imbabazi abanyarwanda
ntanubwo
yasabye imbabazi zibyo
Kiliziya yakoze ahubwo nibyo itakoze (manquement
de l'Eglise).
Perezida Kagame
yahaye Papa Francis inkoni ya
Kinyarwanda itatse amasaro
Ikindi
abantu bibaza
muli uru ruzinduko abaherekeje Kagame bambaye imikara batega ibitambaro
nk’abagiye
guhamba, niki aba bantu bagiye gushyingura i Vaticani ?
(Ibyaha,
ubwicanyi, ubusambo, agahinda,…) ?
Ntabwo
aliko bili ahubwo
ngo ni umuco wa Kiliziya kubantu bagiye kubonana na Papa, ngo ni ubulyo
bwo kwicisha bugufi imbere y’umushumba wa Kiliziya
kw’Isi.
Kanda
usobanukirwe n’ibyuliya mwambaro.
Aba banyarwandakazi bambaye imikara bagiye
gushyingura nde muli vaticani?
Abayobozi bo mu Rwanda nabo bararushanwa kuvugisha Itangazo lya Vaticani ibyo Papa atavuze, JD Bizimana aravuga ko nubwo Papa asabye imbabazi ngo yibagiwe kuvuga kubapfobya jenoside bikaba bihuye n’ibyatangajwe n’umukuru wa Ibuka Dusingizemungu J.Pièrre.
Ibyatangajwe na BizimanaIbyanditswe kubyatangajwe na Vatican
1.
Ibyo
Kiliziya mu Rwanda yakoze.
2.
Imbabazi
zasabwe n’ Abasenyeli mu
Rwanda
3.
Inkuru
yatangajwe na Radio Rwanda
4.
Ibyatangajwe
na Ibuka: Dr Dusingizemungu
Déclaration
de Mgr Philippe Rukamba