Kagame
arasubiza Ambasaderi Suzanne Rice ati:
“ugomba kuba uri umurwayi”
by
Chief Editor
Ku wa gatandatu tariki ya 26 Ugushyingo 2011, Generali Paul Kagame yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu gikorwa ngarukakwezi cy’umuganda aho bateye ibiti mu rwego rwo kurinda no kubungabunga ibidukikije . Perezida Paul Kagame yahavugiye ijambo, asaba abaturage gushishikarira gukora, bakirinda gutegereza ak’imuhana. Yanaboneyeho no kwamagana abavuga ngo nta demokarasi iri mu Rwanda. Aha, wasangaga uko kwikoma ababivuga abihera ku magambo Suzanne Rice yatangarije i Kigali ejobundi kuri 23 Ugushyingo aho yavugaga ko mu Rwanda nta bwinyagamburiro bwa politiki buhari.
Dore ijambo ryose Generali
Kagame yavugiye i Nduba nyuma y’igikorwa
cy’umuganda :
Muraho ? Muraho neza ?
Mwakoze ; reka mbanze kubashimira
gukora umuganda, mwakoze kandi mwawukoze neza nk’uko
n’ibindi byose bisanzwe
bigenda neza. Rero ndi bubaganirire mu magambo magufi ; naje
kwifatanya
namwe mu muganda, ntabwo ndi bwirirwe nsubira mu mateka, Umuyobozi
w’Umujyi
n’undi muyobozi wamubanjirije ngirango ibyo babivuze bihagije.
Uyu muganda twitabira kandi twifuza ko igihugu
cyose cyitabira bifite
impamvu, impamvu yabyo ni ugukangurira Abanyarwanda kumenya ko hari
byinshi
twakwigezaho biri mu bushobozi bwacu, biri mu maboko yacu, biri mu
bwenge
bwacu. Sibyo ? Kuko aho tuva n’aho tujya, aho tuva
twarezwe mu buryo busa
n’ubutubwira ko hari abandi batugomba imibereho
yacu ; murumva icyo nshaka
kuvuga ? Ko hari abandi bagomba kudutunga, ko hari abitwa
abagiraneza twe
twicara tukarambya, tugategereza abagira neza kuza kutugaburira, kuza
kutwubakira amashuri, kuza kudukorera ibyo twifuza…
Abo bagiraneza ntibabaho ; nta
mugiraneza ubaho umeze atyo. Mwari
mubizi ? Nta mugiraneza ubaho ushobora kugutunga, uwo
mugiraneza ushaka
kugutunga abishakira iki ? Yabishakira iki ? Si
umuntu nkawe ?
None se azitunga, atunge abe, narangiza ashyireho namwe ? Kuki
yakwitunga
agatunga abe, yarangiza ashyiraho n’umuzigo wo kubikorera
mwebwe ? Ni
ukubera iki ? Cyangwa ubereye iki umuzigo, iyo ujya kwibaza
ukavuga uti ”
Ariko kuki jyewe mba umuzigo ugomba kwikorerwa n’undi
muntu ?” Wabaye
umuzigo wawe ukareka kuba umuzigo w’undi ? Iyo ubaye
umuzigo w’undi, aho
ashatse kukurekurira wikubita hasi ukameneka rwose. Wari wabona umuntu
wikoreye
umuzigo yaremerewe yagera aho aka… Eh, murabizi iyo wikoreye
umuzigo
wakuremereye, ukagera aho uwutura, ukavuga uti
“ahuuu !” Tutitonze,
tukemera kuba umuzigo w’abantu badutura hasi batyo,
muranyumva ?
Uburyo bwa ngombwa bwa mbere bwo kutaba umuzigo
uturwa utyo ni ugukora, ni
ugukorera hamwe, ni ugukora umuganda nk’uyu nguyu kandi ni
ugukora ibyangombwa
birimo gutera aya mashyamba, birimo guhinga tukeza, birimo korora,
birimo
kubaka amashuri abana bacu bakiga, birimo kwitabira za mutuelle
kugirango
dushobore kugira aho twivuriza ubuzima bwacu bumere neza, birimo guhaha
no
guhahirana biduha rya faranga bahoze bavuga.
Ifaranga wakoreye ntabwo ari
nk’ifaranga umuntu aguhera ubusa cyangwa yitwa
ngo ahugereye ubuntu. Iyo ari iby’ubuntu gusa bya buri gihe
ukabimenyera
ukabigira umuco bikugira umuzigo.
Rero uyu muganda ujyanye
n’imitekerereze yo kubaka u Rwanda rwacu rushya,
kandi tubimazemo imyaka murabizi. Niyo mpamvu bahoze bavuga imihanda,
bahoze
bavuga amashanyarazi, nibyo n’ubundi mukwiye, ubundi
byabujijwe n’iki ?
Ntabwo dukwiye kubona imihanda cyangwa amashanyarazi cyangwa amazi
cyangwa
ibindi ngo tubibone nk’igitangaza cyangwa
nk’imbonekarimwe ; niko bikwiye
kandi birashoboka ko twabikora, twabikorera tukabyigezaho.
N’iyo twakubakira ku
nkunga n’ibindi ariko tubikoresha kugirango dushobore kugira
ubushobozi, kugira
imbaraga zishingiye kuri twebwe ubwacu.
Igikorwa cyose gishingiye ku mitekerereze imeze
ityo kigira umusaruro kandi
kiraramba. Naho ibindi mujya mwumva buri munsi bivugwa
n’abantu bamwe, either
izo nshuti cyangwa bamwe muri twe biyise ibitangaza, jye ntabwo
ndabona, ntabwo
ndumva neza ikintu cyo kuvuga ngo dushyira abana mu mashuri, ubuzima
bw’Abanyarwanda bose tubwitayeho, Abanyarwanda bose turifuza
ko bagira
ibibatunga, bagira ibyo kurya, bakihaza kandi bakarya neza, tukagira
iryo
koranabuhanga bahoze bababwira rigera kuri buri wese, rigera no ku
mwana wo
muri primaire wiga gutara amakuru, kuyashakisha no kuyatanga.
Tugira uburyo mwebwe abaturage mwihitiramo
ababayobora mukorana nabo ;
jyewe ibyo navuga byose ubundi abantu bakwiye kuba bakora bashingiraho
amajyambere yabo birakorwa. Hanyuma warangiza kubirondora
byose, umaze
kubivuga ukavuga uti : “Ariko abantu ntabwo bafite
aho bavugira”. Aho
badafite kuvugira ni aho kuvugira ubusa cyangwa kuvuga ntihagire
ubasubiza.
Twe icyo twakoze ni ugushyiraho uburyo buri muntu wese ashobora kuvuga
ndetse
akanasubizwa. Kuki wavuga ngo urateza imbere kuvuga ariko ntuze imbere
gusubizwa igihe wavuze ibitari byo ?
Muri miliyoni zirenga cumi n’imwe
z’u Rwanda ubungubu, buri wese ashobora
kuvuga icyo ashaka, aho ashakiye, aho ariho hose kubera ko tugenda
dushyira mu
maboko y’Abanyarwanda ubwo buryo bwo gushobora kuba
bahagarara bakavuga icyo
bashaka. Ariko ntabwo nakwemera ngo urambwira ngo abakwiye kuba bavuga
kandi
batanasubizwa ni abantu
bagera nko ku ijana cyangwa ijana na mirongo itanu mu
bantu miliyoni icumi n’izindi. Abo se ni
iki ? Kubera iki ? Muri bo
ko harimo n’abavuga ubusa cyangwa ko muri bo ko hari
n’abavuga ibisenya !
Igihe turiho twubaka u Rwanda ukaza kuvuga ibirusenya turagusenya. Nta
n’umwe
twabisabira imbabazi at all, ahubwo ntitubikora bihagije,
nabwo bijyanye na
kwa kundi kureka abantu gusa ngo bishyire bizane.
Ibindi byo kuvuga ngo imiyoborere
myiza, cyangwa demokarasi, cyangwa
uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Iyo uteza imbere
uburinganire bw’abantu,
ukaba uri n’uwa mbere ku isi cyane cyane aho bijyanye no
guteza imbere ubwo
buringanire, kuzamura abari n’abategarugori batari bafite uwo
mwanya, numbwira
ngo ibyo ntabwo ari demokarasi, numbwira ngo ibyo ntabwo
byubahirije
ikiremwamuntu ugomba
kuba uri umurwayi.
Numbwira ngo guha abana b’u Rwanda
bose uburyo bakiga bakagira ubumenyi,
bakagira ubushobozi, bakarerwa neza, bakagira igitunga umubiri wabo
noneho
bagashingira aho buri wese ashaka aba icyo ashaka kuba cyo, avuga icyo
ashaka
kuvuga, ukambwira ngo iyo ntabwo ari demokarasi, ugomba kuba ufite ikibazo.
Numbwira ngo gushyira mu bana b’u
Rwanda n’Abanyarwanda bose uburyo
bashobora kuvuga, bakavugira aho bashatse aho ariho hose, bakavugana
n’uwo
bashatse uwo ariwe wese ku isi ; twashoye imari mu bintu byo
gushyiraho
internet ngo buri Munyarwanda wese agire uburyo bwo gukoresha internet,
abana
bo muri primaire bose turi hafi kubaha uburyo bakoresha mudasobwa,
murazizi,
murazibona tuziha n’abana batoya. Uriya mwana ashobora
kuvugana n’umuntu aho
ari hose ku isi n’uwo wundi nawe ashobora no kumuvugisha,
ashobora gutanga
amakuru ayo ariyo yose, ashobora no kubona amakuru ayo ariyo yose,
guhera ku
mwana kugeza ku mukuru ; warangiza ukambwira ngo
“u Rwanda ariko
rurafunze”. Gufunga ni iki ? Gufunga, gufunga ni
iki ? Ubu
aho
mwicaye aha murafunze ? Hari uwo
bazanye ku gun point ? (baje
batunze imbunda kumugeza hano ?) Simwe mwizanye ?
Ntimusubirirayo aho
mushakira ? Eeh ! Ubu se rwose umuntu azagire
ate ?
Ariko jye nshobora kuba ntekereza
igisubizo : Hari cya kindi
nabatangiriyeho cyo kuvuga abitwa ngo ni abagiraneza kandi nkabereka ko
atari
abagiraneza, mwebwe Abanyarwanda nk’abandi Banyafurika niyo
mpamvu ntinda ku
kintu cyo kubabwira, cyo kuvuga iteka ngo “twihe
agaciro” kubera ko
nitutakiha ntawe uzakaduha. Uburyo atazakaguha ni
ubuhe ? Iyo
atangiye kuvuga atya ngo : “Ibi ngibi ni byiza
ariko…” Ariko iki ?
Buriya ariko icyo ivuze kitagaragara ni nko kuvuga ngo ’ariko
aba Banyafurika
bashaka kugira ubwigenge, oya bagomba kuguma hariya, tukaguma tubahetse
nk’umuzigo tukabaturira aho tubashakiye’. Nicyo
bivuze buriya nta kindi ;
baravuga ngo uyu muntu nafashe ukuboko winyagambura arajya
he ? Eeh !
Kuko aragufashe, kuko iyo agutunze aragufashe, agufashe ukuboko,
agukoresha
ibyo ashatse, aho abishakiye. Iyo winyagambura umwiyaka, ibi ngibi baba
bavuga
ni nko kuvuga ngo ubu uyu arajya he ? Uyu nguyu dutunze
dushaka kugira
icyo dushaka ko aba arajya he ?
Umuntu utunzwe n’abagiraneza nta
gaciro agira ; abagafite, abakiha,
abashaka kukakugenera ni babandi nyine bagutunze.
Aba rero bahora bavuga ngo “Ariko,
ariko hari ikintu kibuze…” Habuze
iki ? Aha mubona habuze iki ? Habuze ikintu kimwe,
kandi nicyo
dushaka, nicyo dukurikiranye nicyo kizajya kituzana mu muganda buri
munsi, kikatwiriza
ku zuba. Turashaka kubaho, turashaka kwibeshaho. Turashaka kwigenera
ibyo
tukomba kwigenera, ibyo dushaka. Turashaka ubwigenge. Niyo ntambara
iriho,
ntiwibwire ngo hari ikindi kibuze, nta kindi ! Iyo utigenga
cyangwa iyo
utitunga ntabwo wigenga. Ibindi byose ubigenerwa
n’abagutunze, iyo bimeze bityo
nta gaciro umuntu aba afite.
U
Rwanda
rushya ni urw’agaciro. Ni urw’agaciro gakwiye kuba
kabashingiyeho mwebwe
Abanyarwanda, umwana, umukuru, umugore, umugabo, noneho
n’ibyo tudafite ubu
ngubu, n’ibyo buri umwe muri mwebwe iyo yicaye mu rugo avuga
ati : “mbuze
iki, sindagera kuri iki” ; nibyo twifuza, nibyo
dukorera kugirango
ushobore kuba wabigeraho. Turifuza ko wabigeraho, turifuza gukorana
nk’Abanyarwanda kugirango utaragerwaho n’icyo
yifuza kibe cyamugeraho kandi
abigiremo uruhare : niyo demokarasi, niyo
majyambere, nibwo
burenganzira bwa buri muntu kandi bwa muntu, niho uvugira icyo ushaka
kandi
ukakivugira igihe cyose ushakiye, nibwo burenganzira bwa buri kintu
cyose.
Nicyo nagirango rero nibutse umunsi nk’uyu w’uyu
muganda ; umuganda ntabwo
ari aya masuka n’imihoro n’ibindi twazanye gukora
gusa. Umuganda ni icyo
gitekerezo cyo gukora, cyo gukorera hamwe, cyo gukora ibyo dukeneye,
cyo
kwigabanyiriza kuba umuzigo w’abandi, kugirango niba ari
umuzigo twikoreye,
twikorere umuzigo wacu. Muranyumva ? Ni ibyo ngirango
mbashimire.
Hanyuma
ikindi ndangirizaho, uyu munsi na none w’umuganda no gutera
aya mashyamba
n’ibindi, ni ibintu duhuriyeho n’abandi ku isi hose
ariko twebwe dufite uruhare
rwacu kuko ingaruka zimwe nitwe zizaho ; iyo ufite imisozi
nk’iyingiyi
ihanamye gutya ikagenda ikambara ubusa, imvura iyo iguye imanukana
ubutaka
ukeneye kugirango uhingeho weze ikabutwara ; ntabwo
tubikeneye, dukeneye
ko ubutaka bwacu bufatwa neza, dukeneye ko tugira amazi, amazi tubonye
ntatubere ikibazo ahubwo akatubera igisubizo. Ni ukuvuga ngo hari uko
tugomba
kwifata n’uko tugomba gufata ibidukikije, niyo mpamvu umwaka
utangira mu kwezi
kwa kabiri dufatanyine n’abandi ku isi n’umuryango
wa UN twashyizeho imvugo-ngiro
yo gutera amashyamba, gusubizaho amashyamba kugirango imisozi yacu
ireke
kwambara ubusa. Sibyo ? Inyungu ziri kuri twe, dutere
amashyamba aho
akwiye kuba aterwa, ayandi ndetse tuyatere mu ngo zacu kuko hari
amashyamba
atazirana no guhinga cyangwa no korora twifuza mu mago yacu biruzuzanya.
Hariho
rero
ibikorwa rusange tuzajya duhuriraho twese nk’Abanyarwanda,
hari n’ibindi
bikorwa bizajya bikorwa n’umuganda cyangwa se
n’umuntu aho ari, aho ariho hose.
Ibi byo gutera amashyamba rero tubizirikane kuko usibye ko amashyamba
avamo
ubukungu ubwayo ariko noneho aturindira ibidukikije ntibyangirike kandi
ntibyangize ibyo twifuza. Ibyo rero bituruka mu myumvire yacu, bituruka
mu
bikorwa byacu ntabwo bizagomba guhora bihahwa hanze tubifitiye
ubushobozi.
Sibyo ?
Reka
nsoreze
aha ngaha ntabasinziriza,
mushobora gusinzira, nshobora kubabwira byinshi
mugatangira gusinzira ! Ngirango ahasigaye dushobora
kwishimira ibyiza
tumaze gukora, tumaze kugeraho kandi dushingira ku cyizere cyo kuvuga
ko ibindi
biri imbere bikitugoye nabyo tuzabikemura. Mu kanya bahoze batubwira
hano ko
musigaye mukinisha ifaranga ; ejo bundi ntabwo ryari rihari
mwari abakene
ariko biraza, iyo byaje, iyo ifaranga ryaje n’ibindi byose
biba biri mu nzira
biza. Sibyo ? Kandi nk’Abanyarwanda, Abanyarwanda
bose b’intore ngirango
muzi imvugo ngo ’Intore ntiganya ishaka ibisubizo’.
Turi intore
rero, mukomeze mube intore nziza, bibatere ishema bibahe agaciro,
tubone ibyo
dukeneye byose.
Mugire ubuzima bwiza rero. Murakoze cyane.