Kagame
yahishuye uko
yagishije umutima inama kuri kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF
Perezida
Kagame yagarutse ku buryo yakiriye kandidatire ya Mushikiwabo
Louise watorewe kuba Umunyamabanga w’Umuryango
w’Ibihugu bikoresha Ururimi
rw’Igifaransa (OIF) n’uko yagishije inama.
Yabigarutseho
mu muhango wo gusezera Mushikiwabo no kwishimira intsinzi ye
wabereye i Kigali ku wa 3 Ugushyingo 2018.
Witabiriwe
n’abanyacyubahiro barimo ba Minisitiri b’Ububanyi
n’Amahanga
muri Afurika, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, inshuti
z’igihugu
n’abandi.
Perezida
Kagame yagarutse ku minsi ya mbere ahabwa amakuru ya kandidatire
ya Mushikiwabo.
Yagize
ati “Abantu bamaze kumbwira ko Louise (Minisitiri
w’Ububanyi
n’Amahanga) wamuduha akiyamamariza kutubera Umunyamabanga wa
OIF kubera ko
afite amahirwe. Mu by’ukuri bigitangira, sinumvaga impamvu
yabyo n’uko bije.
Nagerageje gushakisha uko mbyumva ntangira kugira ibyo mbona. Ikibiteye
numvise
atari kibi.”
Yavuze
ko yanashidikanyije ku gufata Mushikiwabo “Wari Minisitiri
wacu,
wakoraga akazi neza, mutange ajye ahandi? Ntabwo ari ukumutanga ngo
abaye icyo
bamunsabira, bigomba kunyura mu matora. Ubwo se bitagenze neza kandi
atari njye
washakaga uwo mwanya ubwo twaba twishyize mu biki?”
Perezida
Kagame yavuze ko yegereye Mushikiwabo amubaza icyo abitekerezaho.
Ati “Hari abantu bambwiye ko bakubonamo umukandida mwiza,
urabitekereza ute?
Ntabwo nakwemera ntarakubaza. Byaramutunguye, abanza kuvuga ko nta ho
yahurira
na byo. Namuhaye umwanya wo kubitekerezaho.”
Yanavuganye
na Moussa Faki Mahamat uyobora Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe
asanga byamugezeho.
Yagize
ati “Namubwiye ko ngishaka impamvu ndetse ntegereje ko Louise
yemera
ko azabikora. Twaje kubyumva kimwe tujya mu buryo bikwiye
gukorwamo.”
Perezida
Kagame yagaragarijwe inyungu zibirimo zijyanye no kunoza imibanire
n’ibindi bihugu birimo n’u Bufaransa.
Yari
amahirwe y’impurirane kuri Mushikiwabo!
Perezida
Kagame yatanze kandidatire ya Mushikiwabo, aniteguye kumugumana mu
Bubanyi n’Amahanga.
Ati
“Naravuze nti natsinda icyo twashakaga tuzaba twakigezeho.
Natabigeraho
kubera izindi mpamvu zashoboraga kubaho nishimiye kumusubirana. Mu
nzira zose
nari umutsinzi.”
Yamwijeje
ubufasha ko “Sinzibagirwa kuguhamagara nkuko nabigenzaga
ukiri
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga.”
Perezida
Kagame yashimye ubumwe bw’abakuru b’ibihugu bya
Afurika n’ibindi
bihuriye muri OIF bashyigikiye Mushikiwabo.
Mushikiwabo
yatorewe mu Nama ya 17 ya OIF i Erevan muri Arménie ku wa
11-12
Ukwakira 2018. Yahigitse Umunya-Canada, Michaëlle Jean.
Mu
ijambo rye Mushikiwabo yashimiye Perezida Kagame wamugiriye icyizere
n’ababaye urufunguzo rw’ibanze
rw’intsinzi nziza.
Yagize
ati “Uko meze ubu mbikesha Perezida, nshimira
by’umwihariko. Nta
cyahindutse gikomeye kuri njye ariko amahirwe yampaye mu myaka 11
nkorana nawe
nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga byanzamuriye
urwego cyane. Mu mirimo
ngiyemo mishya, icyo kintu nzajya ngitekerezaho ku buryo kintera
ingufu.”
Yanashimiye
Moussa Faki wamubaye hafi mu kwiyamamaza. Uyu Munya-Tchad
yavuze ko hashize amezi umunani baganiriye kuri kandidatire ye.
Yagize
ati “Mushikiwabo yambwiye ko namushyize mu bibazo.
Namusobanuriye ko
bifite impamvu nziza kuko OIF igizwe n’ibihugu 54 birimo 29
bya Afurika bifata
icyemezo. Ifite muri gahunda yayo ibibazo bikora kuri Afurika birimo
amahoro,
demokarasi, urubyiruko n’abagore, ibidukikije
n’ibindi. Kuki bitakunda?”
Moussa
yashimiye icyizere yagiriwe na Perezida Kagame cyo kumugisha inama
kuri Mushikiwabo, umukandida w’u Rwanda na Afurika.
Ati
“Iriya ntsinzi ni iyanyu. Iragaragaza ubuyobozi bwanyu,
ibikorwa
n’icyerekezo mufite. Mu gihe gito mwubatse igihugu cyiza
kidashingiye ku
bikorwa remezo gusa ahubwo n’abagituye.”
Mushikiwabo
azatangira inshingano ze muri Mutarama 2019, i Paris ahari
ibiro bya OIF.
Ibirori
byo kumusezeraho byasusurukijwe n’abahanzi barimo abakora
umuziki
gakondo n’uwa kizungu.