Menya igisobanuro cy’ivara Madamu
Jeannette Kagame
yambaye i Vatican
23-03-2017
Ubwo Perezida wa
Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame,
yajyaga i Vatican ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame na Minisitiri
w’Ububanyi
n’amahanga n’ubutwererane, Madamu Louise
Mushikiwabo, abantu benshi bibajije ku
mwambaro Madamu Jeannette Kagame na Madamu Louise Mushikiwabo bari
bambaye mu
mutwe. Hari
abatari bacye bagiye basaba Ikinyamakuru Ukwezi.com ibisobanuro kuri
iyi myambaro, tukaba twabakoreye ubushakashatsi ku bisobanuro byayo
n’abayambara
abo ari abo
Ubusanzwe
imyenda imeze nk’umwitandiro cyangwa
se ivara yambarwa i Vatican ku bantu bagiye kubonana na Papa, irimo
amoko
abiri. Hari imyambaro y’ibara ryera yambarwa
n’abagore barindwi gusa ku isi,
ndetse n’imyambaro y’umukara yambarwa
n’abandi banyacyubahiro.
Ikidashidikanywaho cyo ni uko abayambara bose ari abagore
b’abanyacyubahiro,
dore ko kubonana na Papa ubwabyo ari ibintu bitapfa gushobokera buri
wese.
Abambara
umweru ni abagore barindwi (7) gusa ku
isi, batoranyijwe ko ari abamikazi cyangwa abagore
b’ibikomangoma, ariko bakaba
bafite umwihariko ko ari abayoboke ba kiliziya gatolika bya nyabyo,
mbese ko
ari abemera gatolika b’abanyacyubahiro barusha abandi
kugaragaza ukwemera kandi
ibyo bemera bijyanye n’ukwemera gatolika bakabishyira mu
bikorwa.
Abambara
imyeru ni Umwamikazi w’u Bubiligi uriho
ubu ndetse n’umwamikazi wacyuye igihe, Umwamikazi wa Espagne
uriho ubu
n’umwamikazi wacyuye igihe, Igikomangomakazi cya Naples,
Umwamikazi wa
Luxembourf n’umugore w’Igikomangoma cya Monaco. Aba
bakaba bagomba kuyambara
ariko bakipfuka mu mutwe kubera ikimenyetso cyo kwiyoroshya imbere ya
Papa.
Aha
umwami Philippe w’u Bubiligi
yari kumwe n’umwamikazi Mathilde basuye Papa i Vatican. Uyu
mwamikazi yari
yambaye ivara ry’umweru
Ibara
ry’umweru n’andi mabara aranga liturujiya ya
gatolika agira igisobanuro
gikomeye: Umweru ni ibara rya Nyagasani, ibara risobanura kutagira
ubwandu. Mu
ndimi z’amahanga
babisobanura bagira bati: "White symbolizes purity, holiness, and
virtue,
as well as respect and reverence". Usibye kuba ari ibara
ry’ubutungane
ryagenewe Nyagasani, Umushumba wa Kiliziya nk’Intumwa ya
Mutagatifu Petero
(Saint Pierre) na we yambara umweru kuko ni umuhuza w’Isi
n’ijuru (Pontife)
nk’uko abemera kiliziya gatolika babyemera.
Abandi
bagore n’abakobwa bose bo hirya no hino
ku isi, bambara umukara, bakipfuka mu mutwe nk’ikimenyetso
cy’uko ari abantu
biyubashye ariko barangwa no kwiyoroshya ndetse no kwicisha bugufi. Iyi
myambaro izwi ku bagore benshi biyubashye ku isi, ndetse uyambitswe
n’ubwo biba
bigaragaza ko yicishije bugufi, binagaragaza icyarimwe ko yiyubashye
ariko
yemeye kwiyoroshya.
Madamu Jeannette Kagame na Minisitiri Louise Mushikiwabo bambaye uyu
mwambaro umeze nk’ivara ubwo bajyaga i Vatican