Sosiyete
Sivile iranenga ireme ry’uburezi mu Rwanda.
Sosiyete
Sivile ivuga ko mu Rwanda hamaze kugera abantu benshi bize, barimo
benshi
basoje kaminuza badafite akazi, ngo batazi no kwiyandikira urwandiko
rusaba akazi.
Sosiyete
Sivile inenga ireme ry’uburezi, inavuga ko mu Rwanda
hategurwa abanyeshuri
bashaka umurimo kurusha gutegura abawuhanga.
Mu
kiganiro
IGIHE yagiranye n’Umuyobozi wa Sosiyete Sivile mu Rwanda,
Munyamaliza Edward,
yatangaje ko banenga ireme ry’uburezi mu Rwanda kubera ibintu
bitandukanye
birimo ko abanyeshuri bo mu Rwanda badategurirwa gahunda zihamye zo
kwigishwa
ibigezweho ku isoko ry’umurimo.
Munyamaliza
avuga ko mu Rwanda hamaze kugera abantu benshi bize, ati
“Ikigaragara ni uko mu
Rwanda tumaze kugira abantu benshi bize, barimo abasoje kaminuza benshi
b’abashomeri badafite akazi, ugasanga hatanzwe itangazo
ry’akazi, iyo myanya
igahatanirwa n’abarangije amashuri nk’ibihumbi
makumyabiri bije kugashaka,
wareba neza ugasanga abazi kwandika ibaruwa igasaba muri bose ari nka
babiri.”
Munyamaliza
akomeza ati “Biteye agahinda kubona umuntu wasoje
Kamunuza, adashobora
kwiyandikira ibaruwa isaba akazi, ireme ry’uburezi
mu Rwanda rimeze nabi.”
Akomeza
avuga ko bimwe mu bitera idindira ry’ireme
ry’uburezi, harimo kuba hari bamwe
mu barimu baza kwigisha mu Rwanda bategewe indege ariko bakaza
nk’abacanshuro
baje mu muhango gusa ubundi bakisubirirayo, kuba abanyeshuri basiba
ishuri uko
bishakiye, n’abandi batubahiriza inshingano zabo nabyo ngo ni
nyirabayazana.
Munyamaliza
ati “Ireme ry’uburezi rizaboneka nihabaho
gukurikirana imyigishirize y’abarimu,
no gukurikirana imyigire y’abanyeshuri. Mu Rwanda kugera ubu
uburezi butangwa
ni ubwo gutegura abashaka umurimo kurusha gutegura abihangira umurimo.
Habanze
habe impinduka mu burezi, hasohoke abazi guhanga umurimo kurusha
abashaka
umurimo, ireme ry’uburezi rizaboneka”.
“Mu
Rwanda
turifuza kubona abantu bakora imirimo iciriritse ku buryo bwa gihanga,
kuko
niyo ikenewe kurusha ibindi. Ikizazamura ubukungu bwacu, ni uko
Abanyarwanda
bahabwa umwanya bagakora kuko usanga Abagande n’abandi
banyamahanga ari bo
biharira nk’ibikorwa by’ubwubatsi mu Rwanda, wajya
muri saloon zogosha (Salon
de Coiffure) ugasanga higanjemo abanyamahanga bo muri Congo, kandi
Umunyarwanda
yakagombye kubikora.” Ibi ni ibitangazwa na Munyamaliza.
Sosiyete
Sivile ivuga ko ubumenyi bukenewe atari ubwa Kaminuza gusa, ahubwo ko
hakenewe
ubumenyingiro butuma serivisi mu Rwanda itera imbere.