Iperereza
ku
ihanurwa ry'indege ya Habyarimana
BBC
Gahuza
Intambara
y'amagambo yongeye gututumba hagati
y'Urwanda n'Ubufaransa nyuma y'aho iki gihugu gitangarije ko kigiye
gutangiza
iperereza bundi bushya ku muntu wahanuye indege ya Perezida Juvenal
Habyarimana
hashize imyaka 22.
Ubwo
yatangizaga umwaka mushya w'ubutabera, Perezida Kagame yavuze ku makuru
avugwa
muri iki gihe ku iperereza rishya ryo kumenya uwahanuye indege yari
itwaye
uwari Prezida w'U Rwanda Juvenal Habyarimana.
Perezida Kagame avuga ku iperereza ku wahanuye
indege ya Perezida Habyarimana
Byumvikana
ko ashaka kubwira abahagarariye ibihugu
byabo mu Rwanda bari aho, Paul Kagame yavuze ko U Rwanda rwagerageje
guca
bugufi kenshi kugira ngo umubano n'Ubufaransa wongere ube mwiza.
Yashimangiye
ko Abafransa bari bakoze
amaperereza ataragize icyo atanga. Ngo kuba bavuga ko bagiye kongera
gutangiza
ayandi maperereza ngo ni urundi rugamba batangije ku Rwanda.
Amakuru
aravuga ko abacamanza bo mu Bufransa
biteguye kumva ubuhamya bw'uwahoze ari umugaba w'ingabo z'U Rwanda
Kayumba
Nyamwasa ubu uba mu gihugu cya Africa yepfo aho yahungiye.
Nyuma
yo kutavuga rumwe na Paul Kagame bakoranye
igihe kirekire, General Kayumba Nyamwasa yakomeje gushinja umukuru
w'Urwanda ko
ari we watanze amabwiriza yo guhanura iriya ndege kandi ko yiteguye
gutanga
ubuhamya mu rukiko.
Me
Philippe Meilhac, wunganira imiryango ya
Juvenal Habyarimana na Cyprien Ntaryamira baguye muri iyo ndege,
aravuga ko
ubuhamya bwa Gen Kayumba Nyamwasa (uri hagati muri iyi foto iri hasi)
bugomba
kumvwa.
Me Phillipe Meilhac avuga ku buhamya bwa Gen
Nyamwasa.
Iyi
ibaye inshuro ya 3, ubutabera bwo mu
Bufransa bugerageza gukora iperereza ku bahanuye iyi ndege.
Iki
ni ikibazo cyakunze gukurura umwuka mubi
hagati y'Urwanda n'Ubufaransa.
Mu mwaka wa
2006 ubwo bushyamirane bwageze ku iyirukanwa ry'uwari uhagarariye
Ubufaransa i
Kigali ndetse Urwanda runahamagaza intumwa yari iruhagarariye mu
Bufransa.