INTWARANE
ZA YEZU NA MARIYA : Mwitinya iki igihe cy'ibitotezo bikaze.
Parution: Friday 26 July 2013
Par : Marie Bernard Umwiza
Agata
Nyirahabyarimana ni uyu mudamu wirabura (ibumoso)
Intwarane
z'Indatana za Yezu na
Mariya zikomeje gutotezwa zihorwa ukwemera kwazo.
Nzinduwe no
kubwira abakunzi ba
Leprophete.fr ubuzima bwa madamu Agatha Nyirahabyarimana uyobora
Itsinda
ry'Intwarane z'Indatana za Yezu na Mariya, ubu umerewe nabi cyane mu
buroko aho
ari gukubitwa, kwicishwa inzara, n'irindi yicarubozo ariho akorerwa, we
na
bagenzi be basangiye ukwemera Kristu, barimo na Padiri
Eugène Murenzi (Umututsi
wabyirukiye Tanzaniya) nawe uherutse gutabwa muri yombi, nta kindi
ahorwa
uretse kuba Intwarane .Ubu ubutegetsi bwa FPR-Inkotanyi buriho
burabashinja ngo
gukorana n'abanzi b'igihugu bari hanze, gukora imyigaragambyo itemewe
no
gukwiza impuha zishobora kugandisha abaturage. Ibyo
birego byose ni
ibicurano, ikibazo ni uko Kagame n'Inkotanyi ze badashaka
kumva ubutumwa
bashyikirizwa n'abijuru bityo ngo bagorore imitegekere yabo
maze u Rwanda rureke
gucura imiborogo. Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona, uwanga kumvira
ijuru
yumvira ijeri.
Agata
Nyirahabyarimana ni muntu ki ?
Madamu Agatha
Nyirahabyarimana ni
umudamu akaba n’umubyeyi w’umunyarwandakazi wo mu
bwoko bw’ abahutu. Afite
umuryango munini ugizwe n’abana 6 abyara mu nda ye,
n’abandi bana 7
yareze kuva ari impinja kugeza ubu ni abagabo. Hamwe n’abo
bana b’imfubyi
kandi yagize n’abantu bakuru benshi bo mu bwoko
bwose butuye u Rwanda
yafashije mu buryo bunyuranye , abenshi muri bo bamufata nka mama wabo
kabone
n’iyo baba bamuruta mu myaka.
Avuka mu muryango
w' abakristu
bemera Imana cyane muri kiliziya gatolika, uwo muryago mugari
w’abana 14
bavuka kuri Ngiruwonsanga Albert na Nyirashimwe Mariya, batuye
ahahoze hitwa Rukunguli-Komini ya Gishoma -Prefectura ya
Cyangugu.
Uwo muryago
usenga Imana cyane uvuga
ko wakunze kubona ibitangaza byinshi Imana ikora ni wo Agata
yakurikije
mu gusenga no kwicengezamo ukwemera n’urukundo
rw’abantu. Gusenga kwa
Agata si ukwa none . Yabyirutse afite icyumba cy’amasengesho
mu rugo.
Agata ni umuntu
ujijutse : yize
amashuri abanza , ayisumbuye ndetse na Kaminuza. Afite impamyabushobozi
ya
Maîtrise. Yakoze mu kinyamakuru Kinyamateka, nyuma akora mu
isosiyete y’
ubucuruzi yitwa SECAM ( ayimazemo imyaka igera kuri 40), yari ifite
ishami
ryitwa Rwanda Motors Paty . Afite umwanya wa Chef du Personnel.
Ako kazi ke ni
ubwo ari kenshi
yakomeje kugafatanya n’ukwemera kwe no gusenga.
Mu muryango we havuka mo abihaye Imana babiri umupadiri (umwana we),
n’umubikira
(mwisengeneza we).
Azwi
nk’umugore w’intwari
cyane, utagira ubwoba kandi ukunda
kuvugisha ukuri .
Ibyo abigerekaho gukunda abantu cyane kuko nko mu bwicanyi na
jonoside yo
mu 1994, yafatanyije n’ umuryango we kurokora
abantu bagera kuri15
b’ ubwoko bwose cyane cyane ubw’ abatutsi
bari bugarijwe no kwicwa .
Hagati aho kandi
no ku bw’imbaraga
z’ Imana zishingiye mu kwemera no gusenga
yarokoye benshi mu
ubwicanyi ndengakamere bwakozwe na FPR- Inkotanyi
mu mashyamba no
mu nkambi z’impunzi muri Congo mu 1996-1998.
Umwuka
w’Imana umukoreramo rero
umubwiza ukuri kandi umuha imbaraga zitagereranywa zitabasha gutsindwa
n’igihagararo cya muntu kabone n’ubwo yaba ari
igihangange kamara.
Padiri
Eugène Murenzi na we yafungiwe kuba Intwarane.
Agata ntiyigeze
akora politiki, nta
n’umwanya wa politiki aharanira. Niyo mpamvu dusaba
Abanyarwanda bose
n’abanyamahanga baharanira uburenganzira bwa kiremwamuntu
guhaguruka
bakamaganira kure ifatwa n’ifungwa ry’ uwo mudamu
na bagenzi be, biherewe
ubutwari na Roho mutagatifu bwo kwereka bamwe mu bayobozi
b’igihugu cy’u Rwanda
n’abanyarwanda bose ko hari ikibazo gikomeye mu muryango
nyarwanda, hakaba
hagomba kuboneka Impinduka mu bitekerezo, mu myumvire no mu miyoborere
y’igihugu ; abategetsi bakareka kuguma kugirira nabi
abanyarwanda kuko uko
biri kose Imana byose niyo ibigena kandi ntiyabasha kuguma kwihanganira
ko amaraso
y’inzirakarengane akomeza guseseka ku busa.
Umwanzuro
Reka dusoze
duhamagarira INTWARANE
Z’INDATANA ZA YEZU na MARIYA, aho ziri hose mu gihugu ko
zitagomba gutsindwa
n’ubwoba. Ubwoba iyo buva bukagera bukomoka kuri
Sekibi. Iki ni igihe
cy’ibitotezo, ni nacyo gihe cyo kugaragaza ukwemera
gukomeye.
Niba Leta ya Paul
Kagame idafunguye Intwarane
zose imaze gufungira ubusa, tugomba guhagurukira rimwe twese,
tukigemura
kuri
polisi, maze twese bakadufunga,
ubwo kuba INTWARANE ya Yezu
na Mariya byahinduwe icyaha. Nidufungwa tugera ku gihumbi (1000)
cyangwa
bibiri, ikibazo cy’akarengane kahawe intebe muri iki gihugu
kazavugwa ku isi
hose, kandi niyo nzira kazabonamo igisubizo kidakuka.
Ijuru niko
ribishaka, nimureke twemere tube ibitambo
bitagatifu.
Mwigira
ubwoba, Yezu na Mariya
baturi hafi.
Intwari
ibonekera aho rukomeye.
Marie
Bernard Umwiza
Intwarane ya
Yezu na Mariya.
NB : Tumaze
kumenya ko Padiri
Eugène Murenzi we yaba yamaze gufungurwa.