Ikibazo
cy’ingona zica abaturage muri Nyabarongo cyagombye
kurenga ‘ akabazo’
Ku
itariki:
August 21, 2017
Ikibazo
cy’abaturage baturiye umugezi wa Nyabarongo mu gice kirimo
ingona gikwiriye
kurebwa ‘nk’ikiza
gikomeye’, gikomeje gutwara ubuzima
bw’Abanyaranda cyagombye
guhagurukirwa, dore ko usanga bamwe mu bayobozi bakomeje kugifata
nk’ikibazo
cyoroshye, nyamara abaturage badahwema kugaragaza akababaro
kabo
katabonerwa igisubizo.
Agaciro
k’Umunyarwanda( value) karuta ibindi byose, u Rwanda rwagiye
rwitwara kigabo mu
bibazo bitandukanye abaturage bagiye bahura nabyo. Ibyo bibazo
byahagurutsaga
inzego zitandukanye za leta ngo bikemuke mu maguru mashya. Ingero ni
amapfa
yateye mu Ntara y’Iburasirazuba mu myaka ibiri ishize,
agahagurutsa Leta
ikabagenera ubufasha bw’ibiribwa ndetse igakaza
n’ingamba za gahunda yo kuhira
imyaka.
Imbwa
zaryaga abaturage nazo ni ikindi kibazo cyahagurukiwe na leta mu Ntara
y’Amajyepfo, ndetse n’ inyamaswa zoneraga abaturage
ziturutse muri pariki
y’Akagera, nacyo cyafatiwe ingamba zirimo gucukura umusingi
munini utuma izo
nyamaswa zitongera kugera muri iyo mirima y’abaturage.
Ingona zo
muri Nyabarongo zimaze kwica abaturage batandukanye.Bamwe bavuga ko izi
ngona
zashyizwemo mu rwego rwo kubungabunga urusobe rw’ibidukikije,
kuko ngo harimo
ifi nini zaryaga andi mafi mato zigatuma atororoka. Gusa ngo
icyo kibazo
si cyo izi ngona zakemuye kuko zagiye kwihisha aho inka zashokeraga
zitangira
kuziraramo zizica, ubu zirica abantu.
Abaturage bari aho mugenzi wabo
amaze gutwarirwa n’ingona
Hari
n’abavuga ko ibyana byazo byaba bituruka mu
kiyaga cya Muhazi, bikagera mu mugezi wa Nyabarongo biciye mu wa
Nyabugogo
wisukamo.
Gusa
hibazwa niba urwego rwaba rwarazishyize
muri uyu mugezi rwaratekereje ibyo zizajya zirya ndetse
n’uko
zizajya zigabanywa, kuko zikomeje kororoka zaruta ibidukikije biri muri
ayo
mazi. Ikindi cyakabaye cyaratekerejwe ni ubuzima bw’abaturage
basanzwe
bakoresha uyu mugezi mu ngendo n’ibindi bikorwa bitandukanye,
none zikaba
zimaze kwivuganamo benshi.
Ku
ruhande rw’Umurenge wa Mageragere mu karere
ka Nyarugenge zimaze kwivugana babiri mu kwezi. Ku
gice cya Kamonyi ,
abahatuye bavuze ko zimaze kwica abantu batandatu
muri uku kwezi.
Mu
ngero za vuba, biravugwa ko ku mugoroba w’ejo
hashize, ku Cyumweru tariki ya 20 Kanama 2017, ingona yongeye gutwara
umugore
wari wimukiye vuba mu Mudugudu wa Mataba Akagari ka Masaka mu
murenge wa
Rugarika mu karere ka Kamonyi, hafi ya Nyabarongo. Uyu mugore yamutwaye
agiye
kwahira ubwatsi ahagana saa kumi n’imwe
z’umugoroba. Gusa Ubuyobozi
bw’Umurenge wa Rugarika buhakana aya makuru.
Mbere
yaho ku wa gatanu w’icyumweru gishize,
tariki ya 18 Kanama yishe uwitwa Habamenshi Oreste
w’imyaka 54 wari
utuye muri aka kagari, asiga abana 6
n’umugore wamubonye ingona imurengana, akagerageza guhangana
nayo akurura ikoti
yari yambaye ariko bikanga bikaba iby’ubusa kuko yamurushije
imbaraga, yabona
na we ishaka kumutwara akarekura.
Umwe mu batuye
muri uyu murenge wa
Rugarika yumijwe n’ibyabaye
Uyu mubyeyi
yahise ajya muri coma, abamubonye bamusanga aho yari aryamye mu rutoki
bamujyana kwa muganga.
Aba
biyongera ku mugabo witwa Tugirimana Jean Pierre
wo mu
kigero cy’imyaka 27 wo mu Kagari ka Kavumu, Umurenge wa
Mageragere yishe tariki
ya 12 Kanama uyu mwaka asiga umugore n’umwana,
ndetse na Nyirampakaniye
Sperata yishe tariki ya 23 Nyakanga 2017 wasize abana
bane, uyu mugore
yanayoboraga Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF) mu
Kagari ka Kavumu.
Abayobozi
bashinja abaturage uburangare
Hari bamwe
mu bayobozi basa n’abashinja abaturage baribwa
n’izi ngona uburangare, rimwe mu
bitangazamakuru bavuga ko abaturage bakwiye kwirinda kugera aho izi
ngona ziri.
Ibi ni ukuri koko kuko ntawakwigemurira urupfu arureba, ariko se urugo rwabuze amazi rwo rwakora iki?
Abaturage
mu gikorwa cyo gutesha
ingona umurambo wa mugenzi wabo
Abaturage bo
mu tugari dutatu tw’Umurenge wa Rugarika ntibafite amazi, nkuko byemezwa
n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa
w’uwo Murenge Nsengiyumva Pierre Celestin. Abo
baturage banatanze n’amafaranga mu
bushobozi bwabo
bubakisha imiyoboro yatuma amazi abageraho, ariko ntabageraho kubera ko
moteri
yayazamuraga yapfuye, ubuyobozi ntibwagira icyo
bukora kuri iki kibazo.
Icyo bwababwiye ni uko bazajya bihangana bakajya kuvoma ku yandi mavomo
ari
muri uwo murenge nubwo ari kure yabo.
Mu karere ka
Nyarugenge, mu gice cya Mageragere batangiye guhagurukira iki kibazo
bubaka
amavomo azafasha abaturage, ndetse banahumuriza aba baturage
ko nta we
uzongera kuribwa n’ingona, ariko nabo bakirinda kwegera
iyi Nyabarongo.
Iyo ni imwe
mu ntambwe yatewe, ariko na none hakwiriye kugira igikorwa kirenze
kubuza
abaturage kwegera uyu mugezi, mu gihe bakomeje gutaka ikibazo
cy’amazi,
kuko n’iyo batagiye kuvoma bajya kwahirayo ubwatsi
n’ibindi.
Uko baba
babona ingona mu mazi
Muri
iki gice ku mpande zombi hakwiye gushyirwa
ibimenyetso biharanga ko ari ahantu hakururira umuntu ibyago (Zone en
danger),
hibandwa ku hakekwa izo ngona. Kubera yuko nubwo ubuyobozi buvuga ko
bwagiriye
abaturage inama yo kutongera kwegera uyu mugezi, hari abashya
bahimukira umunsi
ku wundi batazi ko aho hantu habakururira ibyo byago.
Nkuko
byagiye bikorwa mu mihanda, ahavugwaga
impanuka zidasanzwe nko ku Mukobwa mwiza mu karere ka
Huye,
hashyizwe ibyapa biburira abakoresha uwo muhanda, i Shyorongi aho
imodoka
zakundaga guhirima mu manga ihari hakaba harashyizwe ibyuma bitangira
imodoka,
kuri Nyabarongo hakwiye gushyirwa ibyo byapa ndetse n’ibyuma
bituma abantu
batigemurira urwo rupfu.
Ababyeyi
bamaze kubura abana babo, abana babura
ababyeyi, inshuti n’abavandimwe, ni ikibazo kibababaje,
kugeza ubwo bamwe muri
bo basaba indishyi y’akababaro kubera ababo baburiye ubuzima
muri uyu mugezi,
nta rwego rwa leta rwari rwavuga ku kijyanye n’izi
mpozamarira, dore ko no
kubihanganisha hari bamwe mu bayobozi b’inzego
z’ibanze babikoze nyuma yuko
bikomojweho mu itangazamakuru.
Ivomo abatuye Mageragere
baherutse
kubakirwa
Umuyobozi
w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba
aherutse kuvuga ko izi nyamaswa zigomba
kubungabungwa,
agira ati “Ni mu buryo bwo kurengera ibidukikije
n’izo nyamaswa ziba zisa n’aho
zigiye kurangira tugomba kuzibungabunga, ahubwo
ikibazo ni
turazibungabunga gute, tunabungabunga ubuzima
bw’abaturage bacu. »
Abaturage
basaba impozamarira ku babo bicwa n’izi ngona mu rwego rwo
kuzirikana ko abicwa
aria bantu atari inyamaswa.
Umwe muri bo
ati “By’ibura niba itwaye n’abantu banjye
banamenya ko itwaye abantu kandi ari
ikiremwamuntu banaduhe n’impozamarira y’umuntu
wacu.”
Abaturage
bavuga ko babujijwe
kuzica, icyo bakora iyo itwaye umuntu ni ukujya
mu bwato
bakazenguruka uyu mugezi bashaka kuyitesha, ariko
inshuro zose
babigerageje byabaye iby’ubusa.
Icyo kibazo
cyari gikwiye guhagurutsa inzego zitandukanye, kikarenga
urw’akarere, ibigo
n’inzego za leta nka, MIDIMAR, RDB, Rema, Minaloc na Polisi
y’igihugu.
Ntakirutimana
Deus/bwiza.com
JK :
Kanda
usome inkuru z’abandi banditse kuli
izi ngona zamaze abantu.
1.
Umubyeyi
Nyirampakaniye
yishwe n’ingona agiye kuvoma muri Nyabarongo
2.
Umuturage
wa
gatatu yariwe n’ingona zo muri Nyabarongo agiye kuvoma
3.
Ingabire
wa Transparency yavuze kubaribwa n’ingona bavoma Nyabarongo
Abategetsi
b’u Rwanda ali ingona zo muli Nyabarongo ali
n’abaturage bakeneye amazi amahitamo
yabo araba ayahe ko abatuye Kigali bemeza ko amazi asigaye abahenda
kuruta ibyo
kulya?
Reba uko byali byifashe kuli Nyabarongo ubwo
ingona yali imaze gutwara
umuturage.