Umuyobozi
wa Transparency
Rwanda ntiyumva ukuntu ari mu cyiciro cy’ubudehe
nk’icya Makuza
Chief
Editor
| 2-08-2016
Mu gihe
hirya no hino mu gihugu usanga umubare munini w’abaturage
bijujutira ibyiciro
by’ubudehe bashyizwemo, hari na bamwe mu bayobozi batemera na
gato ibyo
bashyizwemo. Ingabire Marie Immaculée uyobora umuryango
Transparency
International mu Rwanda, nawe ntiyumva ukuntu yashyirwa mu cyiciro
kimwe
n’umuherwe Makuza ufite inganda n’umuturirwa mu
mujyi wa Kigali.
Ubwo yari yatumiwe kuri Radio Ubuntu butangaje mu mpera z’icyumweru gishize, Ingabire Marie Immaculée yashimangiye ko kuba baramushyize mu cyiciro cya 4 cy’ubudehe kigizwe n’abaherwe, ari ukumushinyagurira kuko adakwiye kujya mu cyiciro kimwe na Makuza ufite inganda n’indi mitungo myinshi.
Ingabire
ntiyumva ukuntu yaba mu
cyiciro kimwe n’umuherwe Makuza ufite inyubako
nk’iyi n’inganda
Ingabire
Marie Immaculée kandi, ashimangira ko mu byiciro
by’ubudehe harimo akarengane,
cyane ko uretse n’abari mu byiciro badakwiye hari
n’abibuze bigatuma babura uko
bishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
JK : Si Mme Ingabire
Immaculée wenyine
utumva ibijyanye n’ubudehe bw’Inkotanyi kuko
n’abaturage ubwabo ubudehe
bwabahejeje m’urujijo.
Iyumvire :