INKURUZI Y’IGIKOBA YIKURURIYE AMAKARA

 

 

 Ndizera ko kimwe n’abandi, iyi nyandiko yanjye muribubashye kuyinyuza ku rubuga rwanyu.

Mbandikiye ndi mu kanogo ka Kigali. Akaruri nandikiramo sinshatse kukavuga ngo ejo budacya kasenywe.

Abantu tuziranye basanzwe bazi neza ko nkunda kuvugira mu migani kabone n’ubwo ntari Yezu. Muribuze kwihanganira Ikinyarwanda nkoresha kuko navukiye hanze y’u Rwanda. Mvuga indimi nyishi ariko mpisemo gukoresha urwumvwa nabenshi muri aka gahuru k’inyamaswa ziryana ngo ni « Rwanda ».

Mushobora kwibaza no kumbaza impamvu umutwe w’iyi nyandiko ari umugani. Mu bihe bisanzwe burya umugani ugana akariho. None se igikoba kiramutse cyikururiye umuriro iherezo ryaba irihe ? Ese imbeba byayindekeye bite igihe yihaye gukurikira akaryoshye munsi y’urusyo ?

Reka ntobore noneho mbagezeho inkuru irambuye.

Kera na kare, ibikeri bikiremwa nta mwami byagiraga. Buri gikeri cyareshyaga n’ikindi haba ku meza byirindaga kugira umururumba. Haba muri rubanda, byose byatahirizaga umugozi umwe. Kandi iyo byahanaga gahunda, ku huriro icyahageraga mbere y’ibindi cyarabitegerezaga, ndetse kikaba cyanahaborera. Ibi bihuje neza n’imvugo ngiro nyarwanda abakurambere bakoreshaga iyo batubwiraga bati : « Aho imfura zisezeraniye, ihatanze indi irahaborera ».

Hakeye kabiri, bimwe muri bya bikeri birikora bitera rwaserera biti : « Turambiwe kubaho tutagira umwami. Niba se atanabonetse, Imana yaduhaye umuyobozi uwo ari we wese, ko burya nta mutware kabeba ? »

Byitoramo iby’inkwakuzi nk’intumwa za Runari muri Lonu ! Bigeze mu bikuyu by’Imana biraruhuka, biboneraho kwisuganya mu magambo no mu bitekerezo mbere yo kuvunyisha.

Nk’aho tuvugiye, biba bigeze mu bikingi by’irembo. Petero abibaza impapuro z’inzira. Asanze byose ari munange, arabyugururira. Bihabwa ibyicaro. Ibisheshe akangushye muri byo bitumura agatabi. Igihe cyo kurya kigeze, bihambwa amafunguro.

Kuri gahunda Imana yagombaga kubyakira mu ma saa munani. Mu cyumba cy’inama, umuvugizi wabyo asoma gahunda ndende yabizinduye, ariko ingingo y’ingezi yagendaga igaruka muri buri gika yari ishingiye mugusaba ko Imana yabiha umwami wo kubitegeka.

Mu gihe kitarambiranye, Imana ifata ijambo. Ibibwirako yumvise neza ibibazo n’ibyifuzo byabyo. Iti:”nimugende ejo mu museso nzaba naboherereje umwami wanyu.”

Bya bikeri bisezerana akanyamuneza kenshi.  Bigenda bibyina insinzi mu mayira unyuranye. Bigeze ku mirenge yabyo, bishikiriza byene wabyo igisubizo byahawe n’Imana.

Ngo bucye mu gitondo, ibikangutse mbere y’ibindi birabukwa ingiga y’umuvumu mu cyuzi byari bituyemo. Birashishoza bisanga ikiremwa nk’icyo kidasanzwe mu miryango y’ibikeri.

Icyarusazanye muribyo gikubita agatwenge, kiriyamira kiti:”uyu ni we Mwami Imana yatwoherereje. Mu ndagu nyinshi yarejejwe.” Burya ngo umwera uvuye i bukuru bucya wakwiriye hose. Bya bikeri byose byavugiye icyarimwe, Amavi ku itaka, biti: “turakuramya twese Mwami w’ibikeri. Uragahorana Imana n’ubugingo” Bitegereza ko umwami wabyo yabisubiza biraheba. Bimwe bishishikariza ibindi kugira ukwihangana, ko yenda kubera urugendo rurerure umwami yakoze, ashobora kuba yaguye agacuho, bityo amavu n’amavunane akaba adatuma abasha kuvuga.

Ibijya ku mashuri bifata urugendo. Ibijya ku mirimo byihereza imihanga. Ingaya maguru n’ibikiri ibyana byihina mu mazu bijya kota. Dore ko hari hanaramutse umuvumbi.

Iminsi irahita, ibihe biha ibindi, bya bikeri bibona umwami wabyo ntava aho ari. Ibyinkubaganyi bitangira kumusimbukira ku mugongo. Aho kwiseganya, akibira mucyondo. Kera kabaye, Injyanama iraterana, isanga igomba gufata icyemezo cyo gusubira kureba Imana kuko bitumvikanaga ukuntu byaba byarahawe Umwami ntamwete urangwa no guhora aryamye, atarya, antanywa, atavuga,  atanakina.

Ku munsi wa ntagisibya, birindwi muri byo bifata inzira no ku Mana. Bimaze kuvunyisha, bihabwa nanone intebe itagira intebu kuko byagaragaje ko bifite ubutumwa bwihutirwa.

Imana ntiyazuyaza, ibibaza ikibigenza. Byose icyarimwe, biti: “ntitugikeneye uriya mwami waduhaye, kuko ntacyo ashoboye” Ni umunebwe mu rwengo rwohejuru, mbese ameze nk’ikigarasha. Imana ikimara kubyumva,irabigoragora, ariko biba iby’ubusa, ibikeri binangira umutima byanga kuva kwizima. Imana iribubuza, iti: “ibyo nabyo, burya kayice iva mu kanywa ka nyirayo”. Niba mushaka umwami mwibonamo, ushobora kuzajya abazimanira ikiboko mu mwanya w’igikoma, ndamubaha nta kabuza.

 Imana iragaruka, ibibaza –bwa nyuma ariko- niba byumva ari ntakabuza ko uriya mwami agomba kwegura. Byose hamwe biti”: mu maguru mashya”.

Itegeko teka rirandikwa, Imana iteraho ikinkumu n’imangu, igira iti: “cyo nimugende umwami mwifuza, ndarara mwohereje”. Byabikeri birasuma, bikoma mumashyi. Bishimira Imana kuba yabyumvise. Bihabwa udukoni twabyo, birataha.

Mbere y’uko bishyika imuhira inkuru yari yasesekayeyo kera. Intasya idateba mu kuguruka, yari yanyarukanye iyo nkuru nk’aho ari mudasomwa.

Mu rukerera, Umwami mushya yari yamaze gufata ibyicaro. Ngo bimukubite amaso, ibikeri byose bisimbukira hejuru, biti “urakaza neza mubawe, urisanga ntacyo uzatuburana”. N’aho ubwo, Imana yari yabyoherereje inzoka. Akazuba karashe, ya nzoka itangira kwibira no kuburuka ihiga ibikeri biyegereye. Ibitazi gukenga bigira ngo ni ugukina. Icya mbere iba yakinyujije mu ryinyo. Byene wacyo bikekako cyaba cyarohamye. Biragishaka biraheba. Mu kandi kanya, biba bibonye Umwami wabyo arimo aconshoma ikindi gikeri. Bihigwa bukware umunsi wose. Icyumweru kirahita, icumu ritarunamuka. Ibiricitseho bihungira mu myobo yirya no hino mu bihuru. Bigakora uko bishoboye bikabonana mu majoro cyangwa se Umwami aryamye, dore ko iyo yamiraga ibikeri nka bitanu, yongeraga gutekereza guhiga nyuma y’iminsi myishi.

Inama birayinoza, bifata ingamba zo kwirinda no kurinda urubyaro ryabyo.  Bukeye, byohereza izindi ntumwa kureba Imana ngo biyiture akaga n’akarengane byatewe n’uwagombye kubirengera.

Imana ikimara kubyumva, ikarabira imbere yabyo ibyumvishako itabereyeho guhora ihindagura abami. Kandi ko buri mwami afite inshingano ze. Ko igihe yazitezutseho, abo ashinzwe nibo bagomba kumwambika urumukwiye. Iti niba rero mwebwe mwa bikeri mwe mutabasha kwikuriraho uwo mwami gica, nimwemere abategeke.

Bya bikeri birikubura birataha n’agahinda kenshi. Na magingo aya ikidahuye n’isuka, gihora kibanguye amatwi ngo ya nzoka itagicakira.

Iyi nkuru ni ndende, nagerageje kuyihina ngo mbone uko nyitwara mu ruhago. Natekereje kuyibagezaho ngira ngo nyisangire namwe cyane cyane nyigerenya n’abaturage nyarwanda hamwe n’abayobozi babo.

Muri za 57, abari ku ibere barivumbuye ngo ntibagikeneye umwami ufata ibyemezo huti huti. Kuberako Karoli RUDAHIGWA yari yaratangiye kumva akababaro k’imbaga nyamwinshi yari yarakandamije n’ingoma nyinshi za cyami zagiye zisimburana mu Rwanda. Bwarakeye Rudahigwa baramunywesha. Ibyamubayeho benshi muri mwe murabizi.

Nka bya bikeri, abanyarwanda baratakamba, Iyo hejuru ibaha undi mwami. Yaje yambaye impantalo yitwa Repubulika n’ishati ya Demokarasi. Amazina ye akaba Geregori KAYIBANDA.

Yiberaho, rimwe na rimwe abanyarwanda bagashaka kumukora mu jisho, abandi kumusimbukiraho nk’ak’ibikeri n’ingiga y’umuvumu. Iminsi irayita indi irataha, abanyarwanda bati; umwami nk’uyu turamurambiwe, dukeneye undi”

Bumvwa vuba, bahabwa Umwami uzi gukina amayida akanamenya kuvuganya atwaye ubwato yise Muvoma, aka ya nkuge ya Nowa.  Guhera kuwa 5 nyakanga 1973 Juvenali HABYARIMANA agaburira rubanda kabone n’ubwo hamwe batekaga ibiringiti, bagatenda amagufka kugira ngo amazi aryohe. Yahaye abatwa mabati, atera amashyamba, anarwanya nyakatsi. Ababuze icyo bamunenga, batangira kwandika Ibiguri nunga. Abandi bati:”Gisunzu napfa tuzabyina insinzi”. Bambwe muri bo batema amashami y’ibiti bari bicayeho. Aguye bahanukana nayo. Muri 94, bati reka umwami nk’uyu, ntakwiye kudutegeka.

Intumwa zirikora zisanga Imana (ubu yarabatijwe yitwa Amerikalonu mwene Kanyaburayi). Imana ibabaza niba bazi neza ibyo basaba. Bose bavugira icyarimwe, nka bya bikeri, bati:” ntawundi dushaka uretse FPR n’Afandi wayo”. 

Imana irongera iriburabuza iti:”kayice iva hehe?” Kanyarengwe wari hafi ayisubiriza mu gutwi agira ati:” mu kanwa ka nyirayo”. Imana iti: “urabyivugiye”.

Umwanzuro urafatwa. Itegeko teka rirandikwa, riterwaho ibinkumu n’imangu. Imana iti haracya kabiri umwami mushaka namubagejejeho. Kuwa 19 Nyakanga 1994, Umwami musya arima. Pawulo KAGAME, yimana n’abambari be bose. Ingoro ye ayita ICYAMA kizira ucyiyama, kuko iyo kirakaye gicyamura bose.

Bwarakeye ibyo bitaga urunyezi biba byabaye urukonda. Abaraguzamutwe batangira gukwiza ibihuha, ngo abanyarwanda barozwe. Byahehe byo kajya, ko ahubwo nka bya bikeri ko umwami abanyarwanda bahawe yatangiye kubarya. Abashoboye kumucika bakaba barahungiye mu binogo by’ishyanga inyuma y’ishyamba kuko imyobo ya hafi yayirimbuza burende.

Abwirwa benshi akumvwa na bene yo.

Nzabagezaho indi nkuru mu minsi yavuba.

Yari Joni BALIGBE

Kigali, kuwa  23 Gasyantare 2011