Rwanda:
'Ibirayi birya umugabo'
BBC
9 Ukw’icumi na kabiri 2016
Ikilo kimwe cy’ibirayi kigurwa
amafranga ari hagati ya 220 na 250 y'amanyarwanda
Mu Rwanda,
abaguzi barinubira igiciro gihambaye cy’ibirayi ku masoko yo
mu Rwanda mu gihe
byafatwaga nka kimwe mu bigize ifunguro rya buri munsi.
Impamvu
z’iri zamuka ziratandukanye ariko iz’ingenzi
zivugwa ni ihindagurika ry’ikirere
ryagize ingaruka ku musaruro .
Mu isoko rya
Bazirete mu nkengero z’umujyi wa Gisenyi abacuruzi
b’ibirayi barwanira abaje
guhaha.
Igiciro
basaba ku kilo kimwe cy’ibirayi ni amafranga ari hagati ya 220 na 250
y'amanyarwanda.
Ibintu
bidasanzwe muri aka gace gasanzwe kazwi nk’ikigega
cy’igihugu mu bijyanye n’iki
gihingwa .
Aha ariko ni
mu gace bihingwamo, mu bindi bice by’igihugu ho ibiciro
birushijeho kuzamuka,
hari aho ikilo cy’ibirayi cyageze ku mafranga 400 nyamara mu gihe
kitagera ku
mwaka kitararengaga amafranga 100.
Umunyamakuru
wa BBC Great Lakes, Jean Claude Mwambutsa, yaganiriye
n’umugabo yasanze wikuye
agashati nk’utumva imbeho yo muri aka gace
k’imisozi miremire, ariko arabagara
ibirayi, amubwira ko ikibazo cy’ikirere ari cyo cyatumye
umusaruro w’ibirayi
uba mutoya .
Uyu mugabo avuga ko ibirayi birya
umugabo
Avuga ko
nawe bimugora kurya ku birayi kandi abihinga.
Kuri
we ngo ibirayi biribwa n’umugabo.
Ibi
kandi abihurizaho n’abandi bagore babiri
tubonye hafi ye batera umuti mu murima w’ibirayi
Nubwo
batunga agatoki ikirere nk’impamvu yatumye
umusaruro ugabanuka aba bahinzi ngo basanga iyi atari yo mpamvu yonyine
yazamuye igiciro cy’ibirayi.
Hari
abavuga ko amashyirahamwe
acuruza ibirayi
kandi atagizwe n’abahinzi afite uruhare runini mu izamuka
ry’ibiciro byabyo.
Ntibyoroshye kumenya ba
nyiri aya mashyirahamwe
kuko ku ruhande rumwe yitirirwa abahinzi nyamara bavuga ko ari yo abahombya
.
Ku
ruhande rwa Ministeri Francois Kanimba y’ubucuruzi
na ho bemera ko ibirayi byabaye bike ku masoko ariko ngo si byinshi
babikoraho.
Isoko rya
Bazirete mu nkengero z’umujyi wa Gisenyi abacuruzi
b’ibirayi barwanira abaje
guhaha.
Izamuka
ry’ibiciro by’ibirayi ryateye induru
nyinshi ku masoko yo mu Rwanda.
Ni
igihingwa cyahabonekaga ku bwinshi cyane
cyane mu majyaruguru y’igihugu ariko kikanaba
icy’ibanze ku ifunguro rya benshi
mu Banyarwanda .