Itariki
y’itabarizwa ry’Umwami Kigeli V
Ndahindurwa
Yanditswe
kuya 11-01-2017 na Uwishyaka Jean Louis
Pasiteri Ezra
Mpyisi wavuze mu izina ry'umuryango w'umwami
Mu kiganiro
n’abanyamakuru, Ezra Mpyisi, uhagarariye Umuryango
w’Umwami Kigeli V
Ndahindurwa, yavuze ko nk’umuryango utari kwemera ko umwami
atabarizwa mu rindi
rimbi ritari iryo mukuru we yatabarijwemo.
Ibi nibyo
byatumye hafatwa icyemezo ko ku Cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2017,
Umugogo
w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa uzatabarizwa iruhande
rw’aho mukuru we Mutara III
Rudahigwa atabarijwe i Mwima
ya Nyanza. Imihango yo kumusezeraho yaba misa
n’indi izakorerwa aho mu rugo rwa Rudahigwa.
Uyu muhango
urafunguye kuri buri munyarwanda wese wifuza guherekeza umwami wa nyuma
w’u
Rwanda, Kigeli V Ndahindurwa, naho ikiriyo cyatangiye kuva kuri uyu wa
Kabiri
tariki ya 10 Mutarama 2017.
Iki kiriyo
gishobora kuzitabirwa n’uwo ariwe wese ubyifuza kizajya
kireba i Gacuriro mu
rugo rw’umwe mu bagize umuryango w’umwami.
Mpyisi
wavuze mu izina ry’Umuryango w’Umwami Kigeli V,
yavuze ko ubwo bari bamaze
gutsinda urubanza rwo kuzana umugogo we mu Rwanda, bagiye gufata
umugogo ku
bitaro, umukozi wabyo ababwira uko ugomba kujyanwa muri Portugal. Ibyo
ngo ni
ibyari byanditswe ku rupapuro rugaragaza umurambo. Aho muri Portugal ngo
hasanzwe hari irimbi ritabarizwamo abami.
Abo mu
muryango we n’abayobozi bazitabira uyu muhango witabarizwa
ry’umwami nibo
biteganyijwe ko bazafata ijambo.
Ku cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2017,
nibwo Umwami
Kigeli V Ndahindurwa azatabarizwa