DEPITE BAMPORIKI ARAHAMAGALIRA INKOTANYI KUMUKIZA NYINA ASHINJA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE

Bampoliki
                                        Depite Bamporiki Edouard

Ubwo yamamazaga igitabo yanditse cyitwa « Mitingi jenosideri » taliki ya 28/05/2017  Dépite Bamporiki Edouard yahishuliye imbaga yali yateranye yalimo n’umugore wa Perezida Kagame Jeannette Nyiramongi ko nyina umubyara yewe na benewabo bo mumulyango ko bokamwe n’ingengabitekerezo ya jenoside ko yagerageje kubagarura m’umurongo bikamunanira. Yabaye nka Pilato akaraba akihakana amaraso ya Yezu kandi aliwe umutanze, Bamporiki nawe yavugiye imbere yiyo mbaga y’Inkotanyi ko adakwiye kuzabazwa amaraso ya Nyina umunsi yafashwe ahakana cyangwa apfobya jenoside yakorewe abatutsi.

yahamije neza ko ntakizabuza nyina kubikora kuko ngo yavutse muli 1959, akabyiruka yigishwa iyo ngengabitekerezo ya jenoside kungoma ya Kayibanda niya Habyarimana.
Avugako abantu babyirutse muli icyo gihe badashobora guhindura imyumvire ya kijenosideri.

Mumvugo y’ingenurano, Depite Bamporiki yahamagariye Inkotanyi kwikiza abo bantu kuko badashobora guhindura imyumvire.
Yagize ati : « Dukwiye gusenya inkuta » abafite imyumvire itandukanye niya FPR, « Tukubaka ibiraro » kulimbura ababayeho mbere bakabubakiraho ikiraro cyababyirukanye n’Inkotanyi bakubaka abanyarwanda bashya bafite imitekerereze y’Inkotanyi.
Nguku uko Bampoliki yatanze nyina umubyara ndetse n’umulyango we kuko ahamya ko we yabonye undi mulyango mushya wa FPR abo benewabo banze kwinjiramo.

Mwiyumvire uko Bamporiki atanga nyina wamubyaye.

 

Umva ijambo lye ubwo yamulikaga « Mitingi jenosideri »

JK.

Tweet