Abanyarwanda
bagezwaho amashanyarazi bikubye inshuro eshatu mu myaka 7 ishize
Yanditswe
kuya 7-01-2017 saa 19:28' na IGIHE
Umuyobozi w’Ikigo
cy’Igihugu
gishinzwe Ingufu (REG), Mugiraneza Jean Bosco atangaza ko Abanyarwanda
bahabwa
amashanyarazi bikubye inshuro zigera kuri eshatu mu myaka irindwi
Muri
gahunda ya
Guverinoma y’imyaka irindwi, ishingiye ku mirongo migari
y’iterambere irimo
n’uwo kwagura ibikorwa remezo, Umuyobozi w’Ikigo
cy’Igihugu gishinzwe ingufu
(REG), Mugiraneza Jean Bosco atangaza ko kuva mu 2010
Abanyarwanda bahabwa amashanyarazi bikubye
inshuro zigera kuri eshatu.
Abaturage
bari bafite amashanyarazi mu 2010 bari 10%,
kuri ubu bageze kuri 28%,
ubwiyongere bwagendanye no kwagura
aho aturuka hikubye kabiri ugereranyije n’aho yavaga mbere
y’imyaka igera kuri
irindwi ishize.
Mugiraneza
yemeza ko amashanyarazi ahari kugeza
ubu ahagije abayakeneye
n’abayakoresha mu Rwanda kuko mu gihugu hose hari megawati 190 zituruka ku ngufu zitandukanye, mu
gihe izikenewe gukoreshwa
zingana na 120.
Yagize
ati “Abantu babona ari imibare mito ariko
kugira ngo ukube aho amashanyarazi ava kabiri, ukube abayabona gatatu,
urebye
nk’amafaranga ajyamo ni bwo wakumva imbaraga ziba
zashyizwemo. Amashanyarazi
akenewe ubu dushobora kuyatanga ariko ntabwo nk’igihugu ari
yo akenewe,
yakabaye ari menshi kuko burya amashanyarazi afatanye
n’ubukungu bw’igihugu.”
Yakomeje
ashimangira ko imishinga imaze gukorwa
n’indi ikiri mu nzira bitanga icyizere cyo kongerera
Abanyarwanda amahirwe
y’iterambere.
N’ubwo
hari intego yo kugera kuri megawati 563 mu
2018, ikigaragara ni uko
amashanyarazi ahari ahagije Abanyarwanda bayakeneye, bikaba bisaba ko
uko
aziyongera ari na ko abaturage bakongera ibikorwa byo kuyakoresha.
Ati
“Ngira ngo Perezida wa Repubulika Paul
Kagame akunda kubivuga neza, ntabwo amashanyarazi uyabika. Ubundi uyabona
uyakoresha; ni ukuvuga ngo tugomba kongera amashyanyarazi
ariko tunashaka
n’uburyo akoreshwa.”
Bimwe
mu bishimangira aho amashanyarazi ahagije
yavuye
Ingufu
z’amashanyarazi ziyongereye zivuye ku
bikorwaremezo byubatswe bikanatangira gukora mu myaka irindwi ishize
harimo
Urugomero rwa Nyabarongo ya I rwatashywe muri Werurwe 2015, Uruganda
rw’amashanyarazi rwa KivuWatt rutanga megawati 26.4, Giciye
ya I (itanga
megawati 4), uruganda rw’ingufu z’imirasire
y’izuba rutanga megawati 8.5 n’urwa
Gishoma.
Aho
amashanyarazi anyura naho harongerewe ndetse
n’imiyoboro yayo iravugururwa kuko ubu hamaze kuzura
ibirindiro (substations)
by’amashanyarazi birimo icya Ntendezi gituma uruganda rwa
CIMERWA rubasha
gucanirwa n’ingufu ziturutse ku murongo munini
w’amashanyarazi.
Mugiraneza
ati “Icyo ni igikorwa kinini kuko uru
ruganda rwongerewe ubushobozi. Gukora rutari ku murongo munini kiba ari
ikibazo
kuko nk’ahantu rwakuraga amashanyarazi habuze urumva
rwahagarara. Gishoma
bayubaka bashakaga kugira ngo CIMERWA ibone amashanyarazi, CIMERWA
yagiye ku
muyoboro munini w’ amashanyarazi muri Nzeri. Uruganda
rw’ amashanyarazi aturuka
kuri nyiramugengeri rwa Gishoma rumaze kuzura, rukaba rutanga megawati
15.”
Hari
kandi substation y’ahitwa Rukarara, ituma
Umujyi wa Huye, Nyamagabe na Nyaruguru ihabwa amashanyarazi ahagije.
Mugiraneza
atangaza ko hajyaga habaho ikibazo,
umuriro wabura ukagendera rimwe nko mu turere dutandatu cyangwa
turindwi ariko
cyamaze gukemuka.
Ingero
zigaragaza neza uko amashanyarazi
yakwijwe mu gihugu ku buryo bufatika zirimo kuba mbere ya 2010, mu
Karere ka
Gakenke n’aka Nyaruguru hari abaturage bafite amashanyarazi
babaga batagera no
kuri 2% ariko ubu utu turere
n’utundi mu gihugu bari hagati ya 15%
na
20%.
Hari
nk’akarere usanga abaturage bagejejweho
amashanyarazi barikubye nk’inshuro
zirenga umunani. Ibi bigaragarira cyane umuntu ugenda mu bihe
by’ijoro kuva
mu Murwa Mukuru wa Kigali werekeza mu Mujyi wa Nyamata mu Bugesera
cyangwa
ugana mu Majyepfo y’igihugu i Muhanga, ukagera i Rusizi
wambukiranya na
Nyamasheke no mu bindi bice by’igihugu, icyo ubona bwa mbere
ni urwererane
rw’amatara yo ku mihanda, mu ngo n’ahandi.
Ingorane
igihari ni imiturire y’abagitatanye aho
bigoranye kugeza amashanyarazi cyane cyane mu misozi kuko imirenge
igize uturere twose tw’u Rwanda
yamaze kugezwamo
amashanyarazi ku kigero cya 92%.
Imishinga
ikiri mu nzira yitezweho byinshi
Imishinga
ikiri mu nzira na yo itegerejweho
guhindura byinshi mu iterambere ry’Abanyarwanda rikomoka ku
mikoreshereze myiza
y’ingufu.
Muri
iyo mishinga harimo iyo kuvugurura inzira
z’amashanyarazi aho biri ngombwa kugira ngo agera ku baturage
abe ayo
kubagirira akamaro.
Umwe mu yitezweho byinshi ni uwo kuvugurura imiyoboro
y’amashanyarazi mu mujyi
wa Kigali, umwe Leta iterwamo inkunga na n’Umuryango
w’Ubumwe bw’Uburayi (EU)
uzavugurura ‘substation’ ya Jabana n’iya
Mont Kigali kugira ngo hoherezwe
amashanyarazi menshi mu Karere ka Bugesera.
Hari
na ‘substation’ nshyashya igomba kubakwa i
Gahanga mu Karere ka Kicukiro ndetse aho izubakwa abahatuye bamaze
guhabwa
ingurane.
Undi
mushinga ni uwa Banki y’Isi ifatanyije na
Guverinoma y’u Rwanda wo kuvugurura ahafatirwa amashanyarazi
(cabines) mu mujyi
wa Kigali. Hari kandi kubaka substation mu Murenge wa Ndera ikazafasha
inganda
zo muri ‘Kigali Special Economic Zone’ kubona
umuriro udahungabanya ikoreshwa
ryawo mu bindi bice by’umujyi uterwa inkunga n’ u
Buyapani (JICA)
Hari
n’undi mushinga watangiye wo kubaka
substation i Gabiro mu gukemura ibibazo by’amashanyarazi mu
Ntara
y’Uburasirazuba ku murongo muremure uva i Kabarondo ukagera i
Kagitumba.
Mugiraneza
yakomeje agira ati “Ikindi turimo
gukora ni ukugenda tuvugurura imiyoboro ahantu abaturage bagenda batura
mu
buryo bwihuse, nka za Kagarama mu Karere ka Kicukiro, ku Ruyenzi
n’ahandi
hagenda hakura vuba ku buryo nko mu 2005 hari hatuye
nk’abantu batanu, ubu
hakaba hatuye 1000. Aho hose biba bisaba kugenda tuhavugurura bijyanye
n’ibihakorerwa
kugira ngo ibibazo byaba bihari tugende tubikemura. ”
Mu
mishinga ikiri mu nzira hari uwa Rusumo wa
megawati 80, u Rwanda rusangiye na
Tanzania n’u Burundi, umaze gutangira mu mpera
z’uyu mwaka n’uwo muri Gisagara
wa megawati 80, na wo uzatangira
vuba, ukazakoresha nyiramugengeri.
Umushinga
w’ikoranabuhanga ‘HUZA’ ugamije
kugabanya ibihombo no kunoza imikorere
Undi
mushinga munini uhari ni uw’ikoranabuhanga
uzafasha kunoza imikorere y’ikigo, rihure
n’iry’amabanki ndetse
n’iry’abandi
bafatanyabikorwa mu koroshya serivisi, gukorera mu mucyo, kugabanya
ibihombo mu
bucuruzi n’ibindi.
Impinduramatwara
za Guverinoma y’u Rwanda mu
gukwirakwiza ingufu z’amashanyarazi ntizishobora kwirengagiza
agaciro
k’ikoranabuhanga mu guhindura byinshi bijyanye
n’imitangire ya serivisi zinoze.
Nyuma
yo kuvugurura Ikigo cy’Igihugu gishinzwe
ingufu, amazi n’isukura (EWSA) mu
mwaka wa 2014 kikabyara REG
habonetse amashami abiri ayishamikiyeho ari yo Ikigo gishinzwe
gutunganya
amashanyarazi (EUCL)
n’igishinzwe
guteza imbere ingufu (EDCL), hari
serivisi ziyongereye izindi ziratunganywa ku buryo hakenewe
ikoranabuhanga mu
guhuza imikorere n’imikoranire y’ibi bigo ndetse
n’abafatanyabikorwa babyo.
Ikoranabuhanga
ryiswe ‘HUZA’
ryitezweho gukomeza gufasha abakiriya n’abandi
bafatanyabikorwa
ba REG kunogerwa na serivisi iki kigo gitanga buri munsi.
Patrick
Mwesige, Umuyobozi w’Umushinga wa Banki
y’Isi ukorera muri REG yahamije ko HUZA itazakuraho serivisi
zisanzwe zitangwa
mu buryo butandukanye haba ku mbuga nkoranyambaga, kuri telefoni,
internet
cyangwa ku biro by’amashami yose mu gihugu uko ari 33 ariko yitezweho byinshi.
Mwesige
ati “Mu bihe byashize EWSA ntiyabashaga
kugaragaza raporo nyayo y’imikoreshereze y’umutungo
ku Mugenzuzi Mukuru w’Imari
ya Leta, kuko amakuru y’uko abafatabuguzi bakoresheje
amashanyarazi
n’amafaranga bagomba kwishyura byagoranaga kuboneka.
Byaterwaga n’uko ibikorwa
by’amashami ya EWSA byabaga bidahujwe n’imikorere
y’icyicaro gikuru.”
HUZA
ije guhindura amakosa yose yabonekaga mu
mitangire ya serivisi, gukuraho ibihombo no kongera umubare
w’amafaranga
akusanywa mu bafatabuguzi ari na ko amakuru atangirwa ku gihe kugira
ngo ahari
ibibazo bikemurwe mu maguru mashya.
Iri
koranabuhanga rizaba rikora mu byiciro bitatu birimo ikijyanye no
kugena
imikoreshereze y’umutungo wa REG (Enterprise Resource
Planning/ERP), icyo kugenzura
imikoranire
n’abakiriya (Customer Management System/CMS)
n’icyo kugenzura uko amashanyarazi agera ku bafatabuguzi
n’ ibibazo byabaye
bikamenyekana (Incident Recording Management System (IRMS).
Icyiciro
gikurikirana imikoranire myiza n’abakiriya (CMS) cyitezweho
gukemura ibibazo
byagaragaraga mu bakiriya, aho uzajya abura umuriro agahamagara asaba
ubufasha
muri EUCL azajya ahita yohererezwa umutekinisiye umuri hafi nyuma yo
kugenzura
amakuru atangwa n’ibindi byiciro by’ikoranabuhanga.
Mwesige ati
“Imikorere y’abari ku kazi izarushaho kunoga kuko
bazajya babona amakuru
y’agace bagomba gukoramo biboroheye nk’uko
umukiriya abyifuza, kandi na bo
bazaba basabwa gutanga raporo y’ibyakozwe ako
kanya.”
Ikindi
cyiciro kijyanye n’imikoreshereze y’umutungo (ERP)
gishamikiye ku kugenzura
imitangire y’amasoko, ibaruramari, ububiko, ibikoresho,
uburyo bwo kugenzura
abakozi n’ibikorwa mu mishinga inyuranye. Ibi byiciro uko ari
bitatu bisaba ko
abakozi, abafatanyabikorwa n’abakiriya bakorana byoroshye.
Umushinga wa
HUZA watewe inkunga na Banki y’Isi ukaba warakozwe
n’ibigo bibiri, ari byo IFS
Pty yo muri Afurika y’Epfo na Fluentgrid Limited yo mu
Buhinde, byose bikaba
bifite amateka yihariye mu bijyanye n’ikoranabuhanga
rigezweho. Byitezwe ko iri
koranabuhanga rizatangira gukoreshwa mbere y’ uko umwaka wa
2017 urangira.
Ibiro
by’abazakoresha iri koranabuhanga byamaze gutegurwa mu
nyubako y’abacuruzi ya
CHIC iherereye mu Mujjyi wa Kigali bugufi n’icyicaro gikuru
cya REG.
Mwesige ati
“Turateganya ko mu mpera za Mutarama 2017 tuzaba dufite
inyandikoshusho
izagenzurwa n’itsinda ry’abatekinisiye bacu,
nibayemeza Umuyobozi Mukuru
azemeza ko dutangira kurigerageza.”
“[…]
Igerageza, guhugura akakozi ndetse no guhuza iri koranabuhanga
n’amakuru ahari
byitezwe kurangira hagati ya Mata na Kamena 2017, ku buryo icyiciro cya
mbere
(ERP) kizatangirana na Nyakanga ibindi bikaza bigikurikira.”
Ibiciro
by’amashanyarazi ku nganda byamaze kugabanuka
Umuyobozi wa
REG, Mugiraneza Jean Bosco avuga ko ikindi bishimira ari uko imyaka
irindwi
igiye kurangira, isize ibiciro by’amashanyarazi ku nganda
bigabanutse ku buryo
bugaragara.
Ati “Ni
intambwe ikomeye kuri Guverinoma kuko igihe cyose abanyenganda
baganiraga na
Leta bavugaga ko ibiciro by’amashanyarazi bihenze. Ubu rero
ibiciro byacu bijya
gusa neza n’ibyo muri Uganda na Kenya. Kilowati imwe ku isaha
iragera ku
masenti (cents) 11 yaraguraga
amasenti 17. Muri Kenya na Uganda
ndumva ari amasenti 10. 5.”
Guverinoma
y’u Rwanda ikomeje guharanira ko n’abandi
Banyarwanda muri rusange
bagabanyirizwa ibiciro by’amashanyarazi cyane ko
n’abakoresha Kilowateri ziri
munsi ya 15 igiciro cyabo
cyaragabanutse kandi abafatabuguzi bose bizabageraho.
Mugiraneza
avuga guca agatadowa mu 2018
ari
intego bihaye kandi bitazabananira kuko atari ubwa mbere Leta yiyemeza
guhindura imibereho y’Abanyarwanda kandi ikabigeraho.
Mu ntego za
REG ubusanzwe harimo gukwirakwiza ingufu z’amashanyarazi mu
gihugu hose kugira
ngo ubukungu n’iterambere by’igihugu birusheho
kugerwaho byihuse.
Mugiraneza
ashimangira ko hari ibikorwa Leta yiyemeje gukora kandi bikagerwaho
byihuse ku
buryo n’ibindi yiyemeje izabigeraho nta shiti.
Agendeye ku
kuba mu myaka mike ishize miliyoni
y’Abanyarwanda yarabashije gukurwa
mu bukene, yemeza ko no guca agatadowa burundu bizashoboka.
Mu guca
agatadowa hazakoreshwa uburyo bubiri muri gahunda yo gukwirakwiza
amashanyarazi
mu Banyarwanda hakoreshejwe imiyoboro y’amashanyarazi isanzwe
imenyerewe,
nk’insinga zigeza umuriro ku ngo cyangwa ku nganda no
kwifashisha imirasire
y’izuba cyangwa inganda z’amashanyarazi ntoya
ahantu kure cyangwa haruhije
kugera.
Muri gahunda
yo gukwirakwiza amashanyarazi hakoreshejwe imirasire y’izuba,
REG imaze
kugirana amasezerano n’amasosiyete 20.
Abiri ari yo “Mobisol” usanga hafi mu turere twose
biteganyijwe ko izaha
amashanyarazi ingo 49.000 umwaka
utaha; hakaba na Sosiyete ya “Ignite Power”
ifitanye amasezerano na REG yo
kugeza amashanyarazi mu ngo 250,000
mu gihe cy’imyaka ibiri.
Mbere yo
gusinyana amasezerano n’iyi Sosiyete yari yakoze umushinga
w’icyitegererezo wo
guha amashanyarazi ingo 1000
hifashishijwe ingufu zitangwa n’imirasire y’izuba.
REG inateganya gukorana
n’amasosiyete ane mu gihe cya vuba ngo harebwe uko
amashanyarazi yakwirakwizwa
mu bice by’igihugu bitandukanye hifashishijwe imirasire
y’izuba.
Mugiraneza
avuga kandi ko ibiri gukorwa biturutse ku ngamba zemejwe ku
gukwirakwiza
amashanyarazi mu cyaro kandi bikaba byarahawe umurongo. Avuga ko mu
gikorwa cyo
gukwirakwiza amashanyarazi hateganywa gufasha abari mu
cyiciro cya mbere
cy’Ubudehe kigaragaramo imiryango ifite amikoro make.
Mugiraneza
avuga ko abari mu bindi byiciro by’ubudehe bazagenda
boroherezwa kandi
bizashoboka bitewe n’uko ibiciro by’ibikoresho
bikenerwa mu gukoresha imirasire
y’izuba bigenda bigabanuka kuko hari sosiyete nyinshi
zibicuruza.
REG ikomeje
gufashwa n’uko Abanyarwanda bagenda barushaho kugira
imyumvire myiza bikaba
biyifasha kugenda umujyo umwe ifatanije na bo; iyo ikintu cyashyizwe
muri
gahunda ya Leta ku bufatanye n’abaturage, kugishyira mu
bikorwa birihuta.
Mugiraneza
ati “Kubwira abaturage ibyo gukingiza, iby’abagore
batwite kwipimisha bitwara
imbaraga nyinshi ariko kubabwira iby’amashanyarazi bamaze
gusobanukirwa ibyo
ari byo n’icyo abamariye ahubwo icyo bategereje ni uko
abageraho.”
Akomeza
yemeza ko kugeza ubu abantu bafite amashanyarazi bagera kuri 28% mu gihe abakoresha amashanyarazi
adashamikiye mu muyoboro munini w’amashanyarazi (National
grid) ari munsi gato
ya 3%. Leta y’u Rwanda
iteganya ko
abakoresha imirasire y’izuba bazamuka bakagera kuri 22%, naho abakoresha imiyoboro
y’insinga bakagera kuri 48%.
U Rwanda
rushobora gusagurira amashanyarazi ibindi bihugu
Mugiraneza
avuga ko mu mwaka wa 2021-2022 u
Rwanda ruzaba rumaze kubona amashanyarazi ahagije.
Yagize ati
“Kugira ngo uvuge ko wihagije ku mashanyarazi biterwa
n’igihe, gusa iyo hakozwe
imibare y’igenamigambi bigaragara ko guhera mu 2021-2022 u
Rwanda ruzaba
rutangiye kubona amashanyarazi, icyo gihe uyabonye mu gihugu hagati
adakoreshwa
uba ushobora kuyacuruza ahandi mu buryo bwumvikanyweho.”
Hari
imiyoboro yatangiye kubakwa harimo uva Uganda-Shango-Rubavu-Karongi
wambuka no muri Congo(DRC), ukaba wafasha u Rwanda kuhacuruza
amashanyarazi.
Hari n’undi muyoboro uzava Rusumo-Bugesera-Shango
uzafasha u Rwanda kohereza amashanyarazi muri Tanzania ndetse
n’ indi miyoboro
yafasha kohereza amashanyarazi mu Burundi.
Mugiraneza
yakomeje avuga ko hari n’undi uzubakwa ugana mu Burundi.
Hashyizweho icyiswe
“Eastern Africa Power Pool” mu rwego
rw’imihahiranire mu bijyanye n’ingufu ari
byo bijya bitangazwa ko u Rwanda ruzabona amashanyarazi avuye
Kenya ndetse
no muri Ethiopia.
Umushinga wa
KivuWatt wahinduye icyerekezo cy’igihugu
Ubuyobozi
bwa REG buhamya ko umushinga wa KivuWatt
wagaragaje imbaraga n’icyerekezo cy’imiyoborere
myiza, cyane ko watanze
amashanyarazi mu gihe hari hashize imyaka irenga 40 hasinywe
amasezerano yo
kubyaza umusaruro Gaz Methane iba mu Kiyaga cya Kivu mu Rwanda no muri
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Umushinga wa
KivuWatt wubatswe n’Ikigo cy’Abanyamerika Contour
Global ariko Leta y’u Rwanda
ikagira ibyo igifasha. Ni umushinga wasabaga ubuhanga ndetse
n’ingengo y’imari
nini ariko watangiye kugerwaho ndetse ukaba waratangiye gutanga
megawati 26.4.
Kugeza ubu mu
gihugu nta hantu bagisaranganya amashanyarazi ndetse naho
bigaragaye ko
yabuze bikunze guterwa n’ikibazo tekiniki ariko ntibikibaho
ko agace aka n’aka
kayabura hagamijwe kuyohereza ahandi kuko arimo kwiyongera.
Mugiraneza
ati “Ubundi twasaranganyaga cyane tunakoresha amashanyarazi
akomoka kuri
mazutu. Amashanyarazi aturutse kuri Gaz Methane amaze kuboneka tariki 31
Ukuboza 2015, kuva icyo gihe amazutu twakoreshaga
yaragabanutse.”
Umushinga wa
KivuWatt uri mu bituma inganda zibasha gukora, ibikorwa
by’iterambere bikaba
bikomeje kwiyongera umunsi ku munsi, igihugu kigakomeza kwihuta mu
iterambere.
REG irangamiye gukomeza kongera amashanyarazi ariko
n’abaturage barasabwa
kongera ibikorwa by’iterambere biyakoresha.
Ati
“Inzu
n’inganda zubakwa hirya no hino, hakiyongeraho na gahunda
zashyizweho mu kuhira
imyaka; uko ishoramari rizamuka, ni nako mu birebana
n’amashanyarazi rigomba
kugenda rizamurwa. Ntawakwirara cyane ngo amashanyarazi arahagije, ni
uguhozaho
akongerwa kuko havuka ibikorwa byinshi biyasaba.”
Amashanyarazi
ni umusemburo w’iterambere kandi aho yageze hagaragara
impinduka mu mibereho
y’abahatuye n’iterambere ryihuse, bisobanuye ko
KivuWatt ari kimwe mu bisubizo
ku bibazo byakeneraga ingufu z’amashanyarazi.
Icyo REG
yari itegereje kuri uyu mushinga nyuma y’igihe kirekire umaze
utabyazwa
umusaruro ni uko watangiye gukora, ndetse ukaba waramaze gutahwa na
Perezida wa
Repubulika Paul Kagame ku taliki ya 16 Gicurasi 2016.
Mu bijyanye
n’ingufu, hari amasezerano yasinywe n’ubuyobozi bwa
REG ajyanye no kongerera
ingufu igihugu, aho harimo umushinga wa Symbion
Power ugomba kubyaza Gaz Methane yo mu Kivu megawati 55.
Minisitiri
w’Ibikorwa remezo Musoni James, yavuze ko Leta ikomeje
gukorana neza
n’abikorera mu kongera no gukwirakwiza ingufu.
Yishimira
kandi kuba u Rwanda ruri kubaka imiyoboro y’amashanyarazi
iruhuza n’ibindi
bihugu izafasha kohereza cyangwa gukura
amashanyarazi mu mahanga.
Imiyoborere
myiza nk’ izingiro ryo kugeza amashanyarazi mu baturage
Imishinga
yose igeza amashanyarazi ku baturage ituruka mu miyoborere myiza
y’igihugu no
kugira ibitekerezo bidasanzwe. Nk’Ikiyaga cya Kivu cyamaze
imyaka irenga 40
bizwi ko gishobora kubyazwa ingufu z’amashanyarazi ariko
byagezweho kubera
imiyoborere myiza y’u Rwanda, binakangura na Repubulika
Iharanira Demokarasi ya
Congo yemera gusubukura amasezerano yasinywe mu mwaka wa 1975.
Mugiraneza
ati “ Abaperezida bose bagiye basimburana ntabwo
bashoboye kubyaza umusaruro
Gaz Methane. Muri ubu buyobozi dufite ni bwo uriya mutungo
kamere wabashije
kubyara umusaruro ufatika. Ni na byo bishoboye gutuma dushobora kubona
amashanyarazi wenda yatuma abantu batayasaranganya.”
Ikidasanzwe
kuri Gaz Methane yo mu Kivu ni uko iri mu mazi, bityo kuyitandukanya
n’amazi
akaba ari agashya n’umwihariko. Mugiraneza yakomeje avuga ko
mbere ya Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994 byari bigoranye kubona amashanyarazi akwizwa
muri
rubanda.
Ubuyobozi
burangajwe imbere na Perezida wa Repubulika Paul Kagame bwasobanukiwe
n’uko
ingufu ari umusemburo w’amajyambere, ko n’igihugu
kitayageraho hatari ingufu
zihagije, ni bwo bwafashije kuyakwiza ahashoboka.
Mugiraneza
asanga imiyoborere myiza nk’iyi nikomeza na nyuma
y’imyaka irindwi ishize
imishinga ikiri mu nzira izihutishwa ndetse hazakomeza guhangwa indi
yunganira
Abanyarwanda mu iterambere.
Ati
“Nubwo
tukiri kuri 28%
by’amashanyarazi
agera ku baturage, mu 1994 byari kuri 3%.
Nabwo amashanyarazi yari i Kigali no ku mirwa ya za Perefegitura
n’ahandi hari
abayobozi bakuru, imijyi, inganda z’icyayi, ariko ntabwo
wabonaga ko
amashanyarazi agomba kugenerwa abaturage. Ubu rero ubuyobozi
buriho
buharanira ko buri muturage ayabona.”
Mbere ya
1994 amashanyarazi yavaga ku rugomero rwa Ntaruka akoherezwa Kigali,
akava i
Rusizi aza Kigali, ariko ugasanga mu nzira anyuramo nta muturage numwe
uyabona
uretse abaturanye n’abayobozi bakomeye ndetse
n’ahari ibinombe nka Rwinkwavu
n’ahandi.
Mu gihe
hagaragazwa ubwiyongere bw’ingufu z’amashanyarazi
REG yagezeho, yishimira ko
kuba nyuma y’ihindagurika ku mazina nka ELECTROGAZ, RECO
RWASCO na EWASA yaje
guhinduka REG, inyito nshya yazanye n’imikorere mishya
bikomeje gutanga
umusaruro muzima.
Mugiraneza
avuga ko atangira kuyobora REG iyi Sosiyete yari ifite ubushobozi bwo
gutanga
megawati 119 ariko ubu kikaba
kigeze
ku bushobozi bwo gutanga izingana na 190,
bisobanuye ko hiyongereyeho izigera kuri 60%
zose.
Yishimira
igitekerezo cya Leta cyo gutandukanya ingufu n’amazi kuko
byagiye byihutisha
imishinga imwe ikarangira n’indi igatangizwa. Kuva REG
yajyaho byihutisha
serivisi zitangwa n’abakozi bayo, bihutira kugera ku bakiriya
bayo, kandi nabo
ubwabo bakabasha gukorana bya vuba hifashishijwe ikoranabuhanga
ribahuza.
Yishimira
kandi ko gutandukanya ibigo bishinzwe amazi n’ingufu
byakuyeho kuba umuntu
yarabaga afite fagitire y’amazi agakupirwa
n’amashanyarazi.
Umuyobozi wa
REG asanga ubuyobozi bureba inyungu z’umuturage, bukishyira
mu mwanya we,
bukumva ibyo ashaka ari bwo bukenewe kugira ngo abaturage biyumve mu
ruhare
rwabo bafite mu iterambere ry’igihugu.
Ati
“Twumva
y’uko dukomezanyije n’ubuyobozi buriho imishinga
dufite yakwihuta kandi
abaturage bagatera imbere vuba, kuko uzarebe aho bakorera inama
zitandukanye,
abayobozi bateraniye baba bifuza amashanyarazi.”
JK : Gutekenika
imibare mu Rwanda byabaye umuco :
Aravuga ko abanyarwanda bafite umuliro muli 2016 ali 28%
ni ukuvuga 72%
batawufite ; akongera ati dufite amashanyarazi ahagije kuko
dufite
megawati 190 kandi dukeneye 120 ; ibi ali ibyo se kuki
usaguka
batawuha baliya batawufite ? Ahubwo akarengaho akatubwira ko
bali kubaka
imiyoboro izaavana umuliro Uganda, Kenya niba bafite urenze uwo
bakeneye
barajya kugura hanze uwo kugira gute ?
-
Byashoboka bite ko
niba ubu bafite megawati 190 mumyaka
ibili gusa itaha 2018 bazaba bayikubye gatatu bakagira 563
kandi ntan’urugomero narumwe yatubwiye rulimo
kubakwa ?
-
Ngo bazaca akatadowa
muli 2018, mumyaka 7
ishize bagejeje amashanyarazi kuli 18%
by’abaturage (10% en 2010 baba 28%
en 2016) none mumyaka 2 bazayageza
kuli 72% basigaye ?
-
Nyamara ahubwo n’aba
bayagejejeho kubera ubukene bwo kwishyura ifata buguzi ubu basubiye
kutudadowa
bibera mw’icurabulindi kandi kumpapuro zo muli REG
handitse ko bafite amashanyarazi. Nimubiyumwire !!!