RWANDA:
IBIBAZO BY’ABAKIGA N’ABANYENDUGA.
7
juillet
2015
Abanyarwanda
bose bazi imvugo iri hanze aha y’ibibazo biri hagati
y’abakiga n’abanyenduga,
akaba ari bimwe mu bibazo by’ingenzi bikibaziritse ku gitugu
cya Kagame. Kera
abantu bari barijejwe ko ngo hazabaho inama yitwa
“Rukokoma”, ibyo bibazo
bigashyirwa hasi bakabicocagura, ikarangira bumvikanye. Iyo nama rero
hashize
imyaka 25 itaraba, ariko usanga hari benshi bacyizera cyangwa
bacyizezwa ko
izaba igakemura biriya bibazo.
Banyarwanda rero, iyo abantu bagomba kubana, bagakomeza kuvuga ko
bazumvikana
ari uko hari ibintu bibanje gutunganwa ariko ntawe uri kubitunganya,
icyo umwe
aba ahisha undi ni uko nta bwumvikane ashaka, cyangwa se agishakisha
ukundi
yabigenza ngo agere kubyo yifuza amukikiye. Hari abantu bavugira mu
ruhame
ukumva bizera ko umuntu yabana n’undi bangana imyaka 40
igashira ntacyo
babikoraho, bakaba bakora inama imwe ikabihindura bakaba inshuti
zizerana.
Ibi byose ni
ibinyoma bigamije gutezura abanyarwanda ku ntego yo gushyiraho igihugu
twese
tuzishimira kubamo mu mahoro kandi twisanzuye. Gukomeza kuzirika abantu
bawe ku
ngoyi y’ibyahise ni ikosa rikomeye, kuko kudasobanukirwa
kwawe ntacyo bihindura
ku ngaruka mbi zakwo, cyane ku bantu bose baguteze amatwi kandi
bakakwizera.
Mu rwego
rw’ibibazo by’abakiga n’abanyenduga, iyi
nyandiko irerekana ko bene ibyo bibazo
atari ibyo gukemurwa n’inama cyangwa inkiko nk’uko
bamwe babyijejwe. Kugirango
ibyo bibazo bishire, hari ibintu bitatu bigomba gukorwa kandi bijyanye
n’igihe
tugezemo:
-
Icya mbere
ni ukubwizanya ukuri, tukavuga uko ibintu byagenze n’uko
ibibazo dufite biteye
nta gukikira, hanyuma ahubwo tugafata igihe gikenewe tugahangana
n’ingaruka
zabyo.
-
Icya kabiri
ni uko kugirango ingingo ya mbere ishoboke neza, abanyapolitike bagomba
gukora
uko bashoboye bakajya bahuza abakiga n’abanyenduga
basobanukiwe neza
n’imiterere y’ibibazo biri hagati yabo. Umugambi
ukaba gushakira hamwe uburyo
basenya ibirindiro bikomeye biri mu mitekerereze n’imyifatire
yabo, bagakingura
inzugi z’ubusabane n’ubwifatanye bwaguye, bakareka
kwishisha ko hari igihe umwe
ashobora kuzubikira undi akamukorera ibidakorwa.
-
Icya gatatu
ni uguhindura imitegekere y’igihugu ku buryo abakiga,
abanyenduga, n’ibindi
bice by’banyarwanda bizera badashidikanya ko iyo mitegekere
mishya izatuma
ibibi bakorewe cyangwa se bakoze bitazongera gushoboka. Iyi ni imwe mu
mpamvu
zikomeye zizatuma ibirindiro tumaze kuvuga biva mu nzira, imibanire
myiza
ikiyongera.
Ibi byose
ntabwo byoroshye, ariko igihe kirageze ngo natwe abanyarwanda tunyuzemo
twiyemeze kugera ku bintu byiza tuzi neza ko bikomeye, kandi turuhuke
tubigezeho.
Intandaro
Ntabwo iyi
nyandiko igamije kuvuga ko nta kintu cyabaye kigatuma havuka
ubwumvikane buke
ndetse n’inzangano hagati y’abakiga
n’abanyenduga. Ibi ariko nta kintu kirimo
umuntu yavuga ko ari ibanga rigomba gutegereza imyaka isaga 20
y’ubuhunzi
kugirango rimenwe, maze haboneke ibisubizo bituma dutera intambwe ijya
imbere
mu rwego rwa politike no mu mibanire y’abanyarwanda. Ku
bakiri bato, dore uko
ibintu biteye:
Ku itariki
ya 5-7-1973, Generali Majoro Juvenal Habyarimana wari umukuru
w’ingabo z’u Rwanda yahiritse ku ngufu
ubutegetsi bwa Prezida Gregoire Kayibanda wari warategetse u Rwanda
kuva
rubonye ubwigenge mu 1962. Kayibanda yavukaga mu majyepfo y’u
Rwanda (muri
prefegitura ya Gitarama), Habyarimana akavuka mu majyaruguru
y’u Rwanda (muri
prefegitura ya Gisenyi).
Nyuma
y’iyo “Coup
D’ Etat” abategetsi barenze 50
bo hejuru benshi bavukaga muri
prefegitura ya Gitarama barafashwe bashyirwa mu buroko. Baburanishijwe
hutihuti, bamwe muri bo bakatirwa urwo gupfa ariko nyuma ruza
guhindurwamo
burundu nk’iyo abasigaye bari babonye. Ntabwo hashize igihe
kirekire
abanyarwanda bumva inkuru y’incamugongo ko abo bantu hafi ya
bose bamaze
kwicwa.
Hiyongeraho
ko ngo bishwe mu buryo butari bwiza, n’ubwo nta buryo buzwi
umuntu yicamo undi
neza. Banyarwanda mwari mukiri bato cyangwa mutaravuka,
n’abandi
batabikurikiriye hafi, ngiyo inkomoko y’ibibazo birebire
twita iby’abakiga
n’abanyenduga. Ntihagire uwibwira ko hari ibanga
rimenetse, kuko abari
baciye akenge muri za mirongo irindwi bazi ko ibi byose byanyuze kuri
radiyo
Rwanda, no mu mbere bikaganirwa.
Abantu rero
bakomeje kwijujuta mu gihugu no hanze y’u Rwanda, bigeze aho
Habyarimana yemera
ko imanza zicibwa. Major
Lizinde Theoneste wategekaga iperereza icyo gihe ibyaha byaramufashe,
nawe ntiyabihakana. Lizinde yarakatiwe, afungwa burundu ya kabiri kuko
yari
amaze gukatirwa indi burundu yo kunanirwa guhirika ubutegetsi ku ngufu.
Ku
byerekeranye n’ubutabera byo, imiryango y’abishwe
isa n’aho itemeye uko imanza
zakaswe, kuko bikomeye kwemeza ko Lizinde yabikoze wenyine akurikiye
inyungu ze
bwite. N’abandi banyarwanda benshi ni uko babibonye, ariko
baranuma ngo bucye
kabiri.
Ikintu
kigaragara cyavuye muri izo manza, ni uko
ubutegetsi bwariho bwatanze indishyi z’akababaro ku miryango
yose y’abantu
bishwe. Bivugwa ko buri muryango wabonye amafaranga y’u
Rwanda arenze miliyoni
imwe (1 000 000FRW), akaba yari
amadolari y’amanyamerika asaga
ibihumbi cumi na bibiri by’icyo gihe (12
000 USD). Ikintu
kitasobanuwe ni impamvu z’ariya mafaranga kuko urukiko
rwakatiye Lizinde
rutategetse ubutegetsi kuyatanga.
Ntabwo
tuzi uwazanye kiriya gitekerezo,
uwashyizeho umubare, n’uwateguye uko azashyikirizwa abo
yagenewe kuko
bitabereye mu ruhame. Byaba byiza ababizi neza basobanuriye
abanyarwanda bose
imigambi y’ubutegetsi, n’amagambo yakoreshejwe mu
kuyatanga n’aho yaba
ataranditswe, ukuri kwabyo kukajya mu mateka y’u Rwanda.
Ntituzi niba mu
rwiherero barimo hari uwo babwiye bati mutubabarire twarabacumuriye
kuko
Lizinde yari umukozi w’ubutegetsi bw’u Rwanda. Nta
buryo dufite bwo gubisubiza
inyuma ibyo yakoze kuko tubishoboye twabikora, ariko iyi bahasha
tubahaye irimo
impozamarira zituvuye ku mutima. Ubutegetsi bwacu ntabwo buzongera
gukora
ibintu nka biriya kuko atari byiza.
Iyo
biriya bikorwa rwihishwa nabwo byari kuba
ari byiza, ariko ntabwo byari kuvanaho ingorane zo mu rwego rwa
politike iyicwa
rya bariya bategetsi ryateje. Muri make, Habyarimana wafashe ubutegetsi
muri
coup d’etat ntiyigeze yemera ko yari azi ko bariya bantu bari
kugenda bicwa,
kuko batishwe mu munsi umwe. Ariko kandi iyo yemera ko yabimenye
ntagire icyo
abikoraho, yari kugomba kwisobanura imbere y’abanyarwanda
bose n’ibindi bihugu
by’inshuti, bikaba bitari kumworohera kuko ari we ririya
yicwa ryagize icyo
ryungura. Niyo mpamvu twibwira ko yahisemo kwifata nk’aho
ryabaye mw’ibanga
ritamugezeho.
None
ko ubwicanyi bwemewe, imanza zigakatwa,
hagatangwa indishyi z’akababaro, ndetse na ba nyirubwite
aribo Habyarimana na
Lizinde bakaba bamaze imyaka myinshi bapfuye, ni kuki biriya bibazo
bitashize
mu mibanire y’abakiga n’abanyenduga kugeza magingo
aya? Impamvu igaragara ni
uko ruriya rugomo rwarimo gutatira ubucuti, ba nyirabayazana
bakirengagiza ko
nta bibazo mu bantu byikemura cyangwa se ngo bipfe kwibagirana.
Birangira
gusa iyo hagize abantu biyemeza
guhaguruka bagakora ibishoboka byose kugirango ibintu bisubire mu
murongo. Naho
ubundi bihinduka inzigo bikaba akarande mu miryango, mu bwoko, cyangwa
se mu
turere, bigahabwa intebe mu burere bw’abana bari gukura. Iyo
Habyarimana agira
ubutwari buhagije, agatinyuka gutumira imiryango y’abishwe
akabaka imbabazi
biherereye, ntabwo dushidikanya ko batari kuzimuha, kuko abategetsi 50
bo mu
karere kamwe ari benshi cyane.
Icyo
twakwemeza ni uko imitima n’imitekerereze
yabo byari guhinduka mu buryo bwiza, kuko tuzi neza ko ari abantu
bafite
imitima y’abantu. Bimwe mu magambo mabi yavuzwe,
n’ihinduka twabonye mu
mibanire yabo n’abakiga nabyo ntabwo byari kugera aho
byageze. Dore
icyatumye abanyenduga bababara cyane: Kayibanda yari afite inshuti
nyinshi mu
majyaruguru y’u Rwanda. Abanyenduga basuranaga
n’abakiga (soma ubusobanuro
bw’ayo magambo hepfo*), barashyingiranye, barabyaranye
n’abana.
Icyababaje
abanyenduga rero, ni uko benshi muri
abo bakiga b’inshuti zabo bafashe imyanya ihanitse mu
butegetsi bushya, ariko
ntibashyire ikirenge hasi ngo babwire Lizinde na Habyarimana bati nibyo
ubutegetsi twarabufashe kandi dushaka kubugumana, ariko nimushake
ukundi
mubigeraho mutishe inshuti n’imiryango byacu.
Abanyenduga
bizeraga ko iyo izo nshuti zabo ziza
kubikora Habyarimana atari gutinyuka kureka abantu bose bishwe bapfa,
dore ko
ngo yari yarabyaye mu batisimu umwe mu bana ba Kayibanda, kandi ko ngo
na
Kayibanda ubwe yamukundaga. Ni ukuvuga rero ko na Habyarimana yari
inshuti
abanyenduga bari bizeye, batakekaga ko ibyababayeho byari gushoboka
ariwe
utegeka igihugu.
Muri
make rero, gukemura ibibazo
byarirengagijwe, ba bana bavutse mu bucuti bw’abakiga
n’abanyenduga bamwe
bagahindurwa imfubyi barakuze, ubu ni abagore n’abagabo
bujukuruje. Benshi muri
ba bandi bakoze amahano, ababyeyi bagizwe abapfakazi, ndetse na za
nshuti
zatereye agati mu ryinyo bamaze kwitaba Imana. Kuba biriya bibazo
bikiriho
rero, ni uko nta bantu bahagurukiye kubikemura babishyizeho umwete,
none bikaba
bisa n’ibyamaze kugera ku rwego rw’uruhererekane mu
burezi bw’abana. Niyo
mpamvu tugomba guhaguruka twese tugashaka ibisubizo by’ibi
bibazo niba dushaka
ko abakiga n’abanyenduga bazabana neza mu Rwanda ruzaza. Nta
gihe cya Rukokoma
tugifite, kandi hari benshi batigeze bayitegaho byinshi.
*Mbere
y’uko dukomeza, reka dusobanure aho
ijambo “Abakiga” n’
ijambo “Abanyenduga” byaturutse
mu
byerekeranye n’ibibazo byo ku butegetsi bwa Habyarimana, kuko
hari bamwe
batabizi. Kera u Rwanda rutarigenga hariho uturere twinshi, buri karere
kagategekwa n’umutware. Nyuma y’ubwigenge uturere
twabumbiwe muri za
Prefegitura. Hariho akarere k’Urukiga mu majyaruguru
y’u Rwanda, hakabaho
n’akarere ka Nduga mu majyepfo. Hari Abatutsi
b’abakiga n’abatutsi
b’abanyenduga, ariko ntabwo babarwa mu bibazo byo ku
butegetsi bwa Habyarimana
mbere y’1990, kuko nta ruhare rugaragara bari babifitemo.
Ubundi “Abakiga”
nyabo ni abantu bari biganje mu karere k’Urukiga
muri prefegitura ya
Byumba, ukambuka ujya i Buganda aho bashobora kuba ari benshi kurenza
mu
Rwanda. Amateka amwe avuga ko ari abimukira bakomoka muri Kigali ya
ruguru,
kandi se wa Habyarimana akaba yaravutse mu bakiga b’i Bugande
mbere y’uko
yimukira ku Gisenyi aho Habyarimana yavukiye. Naho ubundi nta mwami
uzwi
abakiga bigeze bagira ngo yamamare kurenza uko Habyarimana yabigezeho.
Icyo
amateka abavugaho ni uko baserereje abami b’u Rwanda igihe
kirerekire. Umugabo “Basebya”
yari umutware wabo wigomekaga ku mwami, akaba yarishwe
n’abadage aho bagereye
mu Rwanda bagategeka abakiga gutuza bakayoboka umwami ku ngufu. Ikindi
kizwi ni
uko ubwoko bw’Abungura ari bwo bwari bukomeye mu moko
y’Abakiga. Habyarimana
ubwe bivugwa ko yari umwungura.
Nduga yo
yari igihugu kinini cyane cyatsinzwe n’umwami w’u
Rwanda nticyongera kubyutsa
umutwe. Uko bizwi, prefegitura yose ya Gitarama n’uturere
tumwe tuyegereye
byari mu Nduga, kandi ubwoko bw’Ababanda nibwo bwategekaga.
Abami b’i Nduga
bari batuye i Nyanza ya Nyabisindu, Mashira akaba ariwe twumva cyane
kubera
umukobwa w’igishongore yari afite witwaga Bwiza.
Murabona
rero ko kwita abantu bose bo mu majyaruguru y’u Rwanda
abakiga kwari
ugutambikira cyane, kuko abakiga nyabo biganje muri prefegitura ya
Byumba n’i
Bugande, hakaba bake mu Ruhengeri, nta na busa ku Gisenyi. Ruhengeri na
Gisenyi
zituwe n’andi moko menshi akomeye, ariko bisa n’aho
nta ruhare bayahaye mu
mvugo zo ku ngoma ya Habyarimana.
Aho wenda
byumvikanira ni uko abanyenduga babivuze ku ngoma ya Habyarimana
bashakaga
kwerekana uduce tw’u Rwanda turi kw’ibere,
biborohera ari uko bakubiye
amajyaruguru yose y’u Rwanda mu bwoko bumwe
bw’abakiga, aribwo bwa Habyarimana.
Uko iminsi yagiye yicuma abantu barabimenyereye barabyemera, ndetse
abakiga
benshi batari bo barabirisha……..
Dr. Seth Naza
July 2015
Atlanta, Georgia
USA
Email: SethBLaw@outlook.com
JK :
Iyi nyandiko ntabwo nyitangaje kuri uru
rubuga rwanjye kubera ko nemera ijana kw’ijana
ibiyanditsemo ; ahubwo nuko
nemera ko ibyinshi biyikubiyemo bishobora gufasha abanyarwanda gukora
umusingi
uhamye bakubakiraho igihugu buli wese yiyumvamo kizira urwikekwe
rushingiye
kumoko no kuturere.
Nkaba mbona uwayanditse, ari umuganda ukomeye ahaye abanyarwanda cyane
cyane
abiyumvamo ubushake n’ubushobozi bwo kuzayobora abandi. Nkaba
nasaba buli wese,
gufata umwanya uhagije agasoma iyi nyandiko yose hasi aha.
Musome inyandiko
yose :
Ibibazo
by’Abakiga n’Abanyenduga